RFL
Kigali

Bashunga udaheruka mu kibuga yerekeje muri Portugal mu ikipe ifite igikombe cy’Isi

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:21/01/2022 9:10
0


Umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports, Bashunga Abouba yerekeje mu igeragezwa ry’iminsi 30 mu ikipe ya FC Setubal yo mu cyiciro cya gatatu muri Portugal ifite amateka akomeye arimo no kwegukana igikombe gito cy’Isi cy’ama-club.



Kuri uyu wa Kane nibwo bashunga yafashe rutemikirere ajya kugerageza amahirwe muri Portugal nyuma yo kubura umwanya wo gukina muri Rayon Sports.

Umuyobozi w’ikipe ya FC Setubal, Mario Jorge Leandro da Silva yandikiye Ambasaderi wa Portugal mu Rwanda (Ambasade iherereye muri Kenya) amumenyesha ko iyi kipe yatumiye umunyezamu Bashunga Abouba mu igeragezwa ry’iminsi 30 ishobora kurangira asinyishwa amasezerano y’akazi mu gihe yatsinda igeragezwa.

Bashunga wari umaze igihe atabonaga umwanya wo gukina muri Rayon Sports, arifuzwa bikomeye n’ikipe yo muri Portugal ya FC Setubal ikina mu cyiciro cya gatatu.

FC Setubal yifuza Bashunga ifite amateka akomeye, aho mu 1970 yegukanye igikombe gito cy’Isi cy’ama-Club ndetse yanegukanye ibikombe 4 muri Portugal.

Magingo aya ikina mu cyiciro cya gatatu muri Portugal (Liga 3).

Biravugwa ko Rayon Sports yamaze kwemera guha uyu munyezamu urupapuro rumwemerera kwerekeza muri iyi kipe ndetse natsinda igeragezwa Rayon Sports izabona amafaranga nubwo yari imufitiye miliyoni 3 Frw ya Recruitment itamuhaye. 

Bashunga Abouba afite amasezerano nk’umukinnyi wa Rayon Sports.

Bashunga Abouba yerekeje muri Portugal mu ikipe ifite amateka akomeye





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND