RFL
Kigali

Imvano y’indirimbo Pasiteri Emmanuel Ganza yakoranye na Gisubizo Ministries nyuma y’imyaka 12 atagera mu Rwanda-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:16/01/2022 20:10
0


Umuhanzi mu ndirimbo ziha ikuzo Imana usanzwe ari Umuyobozi washinze Itorero House of Grace muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pasiteri Emmanuel A. Ganza yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Heshima’ yakoranye n’itsinda ry’abaririmbyi rya Gisubizo Ministries.



Uyu mugabo weguriye ubuzima bwe Yesu Kristo, amaze igihe kinini ahuza inshingano zo gukorera Imana binyuze mu muziki uramya no kugaburira ubwoko bwayo ijambo ryayo binyuze mu byanditswe Bitagatifu.

Emmanuel ufite impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza [Master’s Degree], yavuye mu Rwanda mu 2009 yerekeza mu gihugu cya Kenya aho yavuye mu 2016 ahita ajya gutura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni urugendo avuga ko rutari rworoshye, ariko kandi rwamusigiye amasomo yubakiyeho ubuzima bwe.

Uyu mugabo ari mu Rwanda aho yaje gukora ibikorwa birimo kuhakorera indirimbo ye ya mbere nyuma y’imyaka 12 atahabarizwa, kureba uko yatangiza ishami ry’itorero ‘House of Grace’ no gushinga ibitaro byegamiye kuri iri torero n’ibindi.

Muri iki gihe ari mu Rwanda, yahakoreye indirimbo ‘Hashima’ yakoranye na Gisubizo Ministries yamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo ‘Amfitiye byinshi’, ‘Mana uriho’, ‘Ndaguhetse ku mugongo’, ‘Narababariwe’ n’izindi.

Pasiteri Emmanuel yabwiye INYARWANDA ko akimara kugaruka mu Rwanda,  yatekereje kuhakorera indirimbo ariko ayikoranye n’abahanzi bakorera umuziki mu Rwanda.

Avuga ko mbere y’uko aza i Kigali yakurikiranaga umuziki, ku buryo yari azi neza abahanzi bari gukora kandi bakunzwe bashobora gukorana. Avuga ko itsinda rya Gisubizo Ministries bakoranye, abakundira uburyo baramya Imana mu buryo bwihariye.

Ati “Nabonye ari byiza ko nkorana n’itsinda ryo mu Rwanda mpitamo gukorana na Gisubizo nk’itsinda nkunda, ariko kandi nizeye neza ko bazamfasha gutambutsa ubutumwa bwiza bw’Imana.”

Emmanuel uri kwigira impamyabumenyi y’ikirenga [PHD] muri Amerika, avuga ko yanditse iyi ndirimbo nyuma yo gusubiza inyuma amaso akareba intambwe Imana yamuteresheje mu buzima bwe.

Ni indirimbo avuga ko yujuje amashimwe ye ku Mana, yumvikanisha ko Imana yakoze ibikomeye mu buzima bwe. Ati “Mu kuyandika nibukijwe byinshi na Mwukawera yankoreye mu buryo nabivugamo mbikubira muri iyi ndirimbo.”

Mu buryo bw’amashusho iyi ndirimbo yakozwe na Producer Fleury Legend, ni mu gihe amajwi yakozwe na Boris.

Uyu mugabo wakiriye agakiza mu 2001, avuga ko yinjiye mu muziki ashaka kuziba icyuho cy’abaririmbyi ba Korali Impuhwe yo ku Gisenyi baririmbanaga bakoreye impanuka mu Karere ka Kamonyi, hakitaba Imana abantu 18.

Emmanuel uzwi mu ndirimbo zirimo ‘Amavi’, avuga ko imyaka 12 ishize ari mu mahanga ‘ari ishuri’. Akavuga ko kuva mu Rwanda akajya mu mahanga yize byinshi birimo imico y’ibihugu bitandukanye, kubana n’abantu, ubuzima n’ibindi.

Pastor Emmanuel A. Ganza na Gisubizo Ministries mu ifatwa ry’amashusho bakoranye bise "Heshima"
Emmanuel [Uri imbere wambaye ikote ry'ubururu bwerurutse] na Gisubizo bakoze indirimbo iri mu rurumi rw’Ikinyarwanda n’Igiswahili mu rwego rwagura imbibi z’umuziki 

Emmanuel avuga ko mu gihe cy’imyaka 12 yari ishize atagera mu Rwanda ayifitemo igikomere, kuko Se umubyara yitabye Imana abura uko aza kumushyingura bitewe n’ingamba zo kwirinda Covid-19

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘HESHIMA’ YA PASTOR EMMANUEL NA GISUBIZO MINISTRIES

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND