Abarimu bagira uruhare rukomeye ku buzima bw’abantu batuye Isi, bwaba ubwako kanya ndetse n’ubwahazaza. Abarimu bafasha abanyeshuri babo kuzabaho neza binyuze mu buryo babahindurira imyumvire bikabafasha na nyuma y’ishuri. Akenshi abarimu bivugwa ko bahembwa make ariko muri iyi nkuru tugiye ku kugezaho ibihugu bibahemba neza ku Isi.
Muri Amerika ndetse no mu bihugu bimwe na bimwe byo
muri Afurika, abarimu ntabwo bashimwa cyane. Ikigereranyo cy’amafaranga abarimu bunguka ku mwaka muri ibi bihugu
kibarirwa mu madorali ya Amerika ibihumbi mirongo ine na birindwi ($47K) biri
munsi y’ayo bakabaye bahembwa ugereranyije n’imbaraga bakoresha mu kazi kabo ka
buri munsi.
Ibihugu byose ntabwo bitesha agaciro abarimu ni nayo
mpamvu tugiye kukubwira ibihugu 10 bibahemba neza Abarimu ku Isi.
1.SWITZERLAND
Uburyo uburezi bwo muri Switzerland
buteye ntabwo bugengwa na Leta. Abana batangira ishuri bafite imyaka 6 bikaba
biteganyijwe ko byibura barangiza amashuri abanza bafite imyaka 12. Abarimu bo
muri iki gihugu baba bafite ijambo rikomeye ugereranyije n’ahandi.
2.LUXEMBOURG
Igihugu cya Lexembourg gifite uburezi bwateye imbere
cyane. Abana bo muri Luxembourg batangira ishuri bafite imyaka byibura 4 kugeza
bafite 16, ubundi bagahabwa umwanya wo kwiga indimi byibura 3 arizo: Luxembourgish, German, French. Ibi bituma abarimu babona umwanya wo kwigisha cyane ndetse bagahabwa
agaciro.
3.CANADA
Muri Canada uburezi bwaho burubashywe cyane. Byibura 80
ku ijana by’abanyeshuri bagera ku ishuri babona impamyabumenyi, naho 53 ku
ijana by’abatiga, bakaba bafite ishyaka ryo kwiga no kwihugura, ibi bigaha
akazi abarimu bigatuma bahabwa agaciro gakomeye.
4.GERMANY
Muri iki gihugu, Leta ifasha cyane uburezi
bwaho. Abana batangira ishuri bafite imyaka 6 byibura bakarangiza bafite imyaka
12 cyangwa 13. Abana bishyuzwa amafaranga make ndetse bakoroherezwa no mu ikorwa
ry’ibizamini bigatuma abiga biyongera n’abarimu bakabona akazi. Abarimu
bakorera ku ihangana cyane.
5.NETHERLAND
Abana biga babishaka, ntabwo bashyirwaho agahato
ndetse umwana ugiye kwiga yiga aho ashaka. Muri iki gihugu, abarimu bahembwa
amafaranga ari hejuru cyane ugereranyije no mu bindi bihugu.
6.AUSTRALIA
Umushahara w’umwarimu mu gihe cy’umwaka muri iki gihugu
cya Australia, ungana AU$60,000.
7.UNITED STATES
Muri Leta Zunze Ubumwe Za Amerika abarimu bahembwa
neza, dore ko bahembwa amadorali angana na $60,000.
8.IRELAND
Iki gihugu gihemba abarimu asaga ibihumbi 53 by’amadorali.
9.AUSTRIA
Muri iki gihugu umwarimu ahembwa asaga ibihumbi 50 by’amadorali.
10.DENMARK
Umwarimu wo muri iki gihugu ku mwaka ahembwa ibihumbi
47 by’amayero.
Inkomoko: Afterschoolafrica.com
TANGA IGITECYEREZO