Mbere y'uko imikino y'igikombe cya Afurika itangira umupfumu ukomoka muri Benin yari yabwiye Sadio Mane ko azagwa mu kibuga nakina na Benin uyu mupfumu akomokamo.
Igihugu
cya Benin ntabwo kiri mu mikino y'igikombe cya Afurika, ariko uyu mupfumu
yatangaje ko igihe cyose Senegal izakinira na Benin Sadio Mane akajya mu kibuga
azafatwa n'umutima agahita apfa. Senegal yitabiriye imikino y'igikombe cya
Afurika yaraye itsinze umukino wayo wa mbere bahuragamo na Zimbabwe, ku gitego
cyaje mu minota y'inyongera gitsinzwe na
Sadio Mane kuri penariti.
Rutahizamu
wa Liverpool abajijwe niba adafite ubwoba ku byo umupfumu yatangaje, yavuze ko
ibiba byose ku isi umuntu aba abyiteguye. Yagize ati: "Nakuze bambwira ko
urupfu ruba mu biganza by'Imana gusa kandi nizera ko abantu harimo abahanuzi
ndetse n'ababeshyi njye nzajya mu kibuga bisanzwe, nimfatwa n'umutima nkagwa mu
kibuga, uyu mu mfumu azaba ari we usohoje ubutumwa yahawe n'Imana ntabwo bizaba
ari ubushake bwe."
TANGA IGITECYEREZO