RFL
Kigali

Umwana ugaragaza ibimenyetso bya Covid-19 ntakwiye koherezwa ku ishuri-Minisiteri y’Ubuzima

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:9/01/2022 20:59
0


Minisiteri y’Ubuzima yabwiye ababyeyi ko umwana ugaragaza ibimenyetso by’icyorezo cya Covid-19 badakwiye kumwohereza ku ishuri, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’ubwandu.



Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 9 Mutarama 2022, nibwo Minisiteri y’Ubuzima yasohoye itangazo rimenyesha ababyeyi ibyo bagomba kubahiriza mu gihe bohereza abana babo ku mashuri.

Kuva mu gitondo cy’uyu munsi, abanyeshuri biga bacumbikirwa mu bigo batangiye gusubira ku mashuri kwiga igihembwe cya kabiri cy’amasomo.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko ‘Umwana wese ugaragaza ibimenyetso bya Covid-19 birimo gukorora, kugira umuriro n'ibicurane ntakwiye koherezwa ku ishuri ahubwo agomba kuguma mu rugo akitabwaho kugeza akize’.

Iyi Minisiteri yashishikarije ababyeyi 'gupimisha abana babo Covid-19 mu gihe abana bafite nibura imyaka 5, kandi hagakoreshwa uburyo bwo gupima bwihuse (Rapid Test).’

Minisante ivuga ko 'mu gihe bibaye ngombwa ko ikigo cy'amashuri gisaba abanyeshuri kwipimisha, abayobozi b'amashuri barasabwa kuzajya bemerera ababyeyi gupimisha abana hakoreshejwe Rapid Test'.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w'Ubuzima, Dr Daniel Ngamije ryibutsa ababyeyi n'abarezi gukomeza gukurikiza ingamba zo kwirinda no gufasha abana kuzubahiriza haba ku ishuri, mu ishuri no mu ngo.

Kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yabwiye Televiziyo y’u Rwanda ko yizeye ko abarimu bagejeje igihe cyo gufata urukingo rwa gatatu rwa Covid-19 rushimangira, bamaze kurufata nk’uko babisabwe.


Minisiteri y’Ubuzima yamenyeshyeje ababyeyi n’abarezi ko muri ibi bihe by’itangira ry’amashuri umwana wese ugaragaza ibimenyetso bya Covid-19 adakwiye koherezwa ku ishuri

 

Itangazo ku kwirinda Covid-19 mu mashuri






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND