Franco Kabano yavuze ku banyamideli bagiye kohereza i Burayi n’uburyo abaherukayo bahiriwe bidasanzwe

Imyidagaduro - 10/01/2022 4:00 PM
Share:
Franco Kabano yavuze ku banyamideli bagiye kohereza i Burayi n’uburyo abaherukayo bahiriwe bidasanzwe

Umuyobozi wa Westbestmodels, Franco Kabano, yafatanije na Sarah Nynthia mu kuyishinga, yavuze ku banyamideli bagiye kohereza i Burayi aho aba mbere bazatangira guhaguruka mu gihe cya vuba anagaruka ku bagiyeyo mu mwaka ushize n’uburyo bahiriwe.

Franko Kabano uyobora Webestmodels imwe muri Agency zikomeye mu gihugu cy'u Rwanda, yatangarije INYARWANDA Franco ati:"Webestmodels mpagarariye twe coronavirus yadufunguye amaso iduha uburyo bwo gutoza binyuze mu buryo bw’iyakure [scouting online] umwaka tuvuyemo wa 2021 twabashije kohereza abana barindwi harimo abanyarwanda 5 n’abarundi 2 hanze."

Akomeza agira ati: "Bagiye mu bihugu birimo France, Italy, Espagne, German, Swiss na UK aho hose bari bagiye babona akazi, ubungubu bakaba bagiye gusubirayo muri ariya ma Fashion Week aho hagiye kuba Men Fashion Week na Haute Couture."

Agaruka ku buryo Webestmodel yagerageje gukora cyane nubwo icyorezo kitari cyoroshye ati: "Navuga ko nubwo twakozweho na Coronavirus ariko twungutse ubundi buryo bwo gukora ndetse turanakora cyane ku buryo abana uko bakoze mu mwaka wa 2020 bitandukanye na 2021 ubungubu bakoze cyane."

Asobanura neza ukuntu abanyamideli bo muri Webestmodels bakoze  cyane ati: "Iyo Fashion Week irangiye uruganda ruricara rugatoranya abana bigaragaje cyane cyangwa bakoze cyane abana bashya bita ‘New Comers’ muri abo bana rero mu ba mbere 10 dufitemo abana 3."

Franco agaruka ku bitwaye neza kurusha abandi bakaza mu 10 ba mbere muri benshi bari bitabiriye Paris Fashion Week mu Burayi, yagize ati: "Dufite Christine Munezero wabaye uwa mbere, Umutoni Ornella wabaye uwa gatanu tukagira na Jeniffer Girukwishaka umurundikazi akaba n’umunyarwandakazi wabaye uwa 8."

Yongeraho ati: "Urumva ko mu bana 92 baturutse ku isi yose kuba mu Rwanda cyangwa se Agency ishinzwe ba ‘Mannequins’ mu Rwanda ishobora kubonamo abana batatu mu 10 ba mbere ni ikintu kigaragara ko nta kintu kidashoboka kuri iy’isi mu gihe ukora ibintu byawe neza."

Webestmodels kandi yakomeje kugirirwa icyizere aho yaserukiwe hose nk'uko Franco akomeza abisobanura ati:"Abana rero bakoze ‘Fashion Week’ zitandukanye harimo nk'icyo navuga ko ‘Opening Valentino’ aho iyo ‘show’ ibaye batoramo umuntu usa nk'aho ahiga abandi akaba ariwe ufungura igitaramo."

Christine Munezero wanayoboye abandi ni we wagiriwe icyizere cyo kwimurika mbere ati: "Christine Munezero ni we wabimburiye abandi ‘Opening Valentino’ hanyuma Jennifer Girukwishaka ‘Opening Final Giambattiste Valli’ muri Paris Fashion Week mbega twagiye duseruka neza."

Webestmodels yitwaye neza mu mwaka washize wanabaye umwaka wafunguye amarembo agana mu ruhando muzamahanga yaba mu gutoza n'ibindi. Kugeza ubu isigaye ikora imirimo yayo no mu buryo bw'iyakure ifite abo iri gutoza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu Burundi mu Rwanda n'ahandi.

Ikindi ni uko umwaka wa 2021 wasize abayigize bagera kuri 21 muri 24 mu Rwanda no mu Burundi babonye ‘International Agency’ zemera gukorana nabo. 

Ubu, barateganya kwagura ibikorwa muri uyu mwaka wa 2022 aho bateganya kohereza hirya no hino ku isi cyane mu Burayi na Amerika abari hagati ya barindwi n’icyenda.

Christine Munezero wahize abandi Jennifer Girukwishaka waje mu b'imbereUmutoni Ornella nawe ari mu batumye Webestmodels icana umucyo mu BurayiFranco Kabano Umuyobozi wa WebestmodelsFranco Kabano na Sarah Nynthia bafatanije gushinga Webestmodels ikomeje guca ibintu mu mideli mu Burayi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...