RFL
Kigali

Ildephonse umwarimu muri Ines Ruhengeri yasobanuye indirimbo eshatu yasohoye icyarimwe kuri album-ZUMVE

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:9/01/2022 15:20
0


Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Mbarushimana Ildephonse [Ildephonse Mbarusha] yasohoye icyarimwe indirimbo eshatu, avuga ko yabikoze mu rwego rwo gushyira imbaraga mu gutegura izindi ziri kuri Album ye ya mbere.



Yaherukaga gusohora indirimbo ‘Hosana’ na ‘Bariyo’ yabaye intangiriro y’urugendo rwe. Uyu muhanzi yabanje gukorera akazi k’ubwarimu mu Karere ka Karongi, ubu akorera mu Karere ka Musanze.

Yabwiye INYARWANDA ko 2020 wamubereye umwaka mwiza kuko ari bwo yatangiye umuziki, ariko 2021 umubera mwiza kurushaho kuko yatangiye urugendo rushya rw’akazi k’ubwarimu, ava ku kwigisha mu mashuri yisumbuye yigisha muri Kaminuza.

Ubu ni umwalimu wungirije Ushinzwe amasomo, ndetse n’imiyoborere y’Ishami rya ‘Architecture’ muri Kaminuza ya Ines Ruhengeri.                                                                                                                              Avuga ati “Nahagiriye umugisha ndetse ngirirwa n’icyizere mpabwa gufatanya n’abandi, mu gutangiza ishami rya ‘Architecture’ kandi ubu birimo kugenda neza cyane, mbishimiye Imana.”

Uyu muhanzi avuga ko mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana akora, atazahagarara gushima no gutambutsa ubutumwa bwiza biciye mu ndirimbo.

Indirimbo ze ‘Bariyo’ na ‘Hosana’ yatangiriyeho, avuga ko zamutunguye ashingiye ku buryo zakiriwe, akavuga ko byamushimishije.

Ati “Sinumvaga ko yenda indirimbo yanjye yakumvwa bigeze hariya ariko byaranejeje, ndetse abantu benshi numvise zarabanejeje, bimpa imbaraga zo gukomeza ngakora n’izindi.”

Mu mpera za 2021, ni bwo uyu muhanzi yifuje kwinjiza neza abantu be mu 2022 ashyira hanze indirimbo eshatu: ‘Aho gutangirira’, ‘Impeta’ ndetse na ‘Andika’.

Kugeza ubu, zimaze kuba indirimbo eshanu kuri Album ye ya mbere yise ‘Umukozi w’umuhanga’. Akavuga ko Album ye ari iy’ishimwe yateguriye Imana.

Izi ndirimbo uko ari eshatu yasohoye zishingiye ku butumwa bw’ijambo ry’Imana, zikaba zijyanye n’intego ye iboneka mu Abakorosayi 3: 16, aho yiyemeje kwigisha, guhugurana biciye mu kuririmba kugira ngo ijambo ry’Imana ribe mu bantu rigwiriye ndetse rifite ubwenge bwose.

Idirimbo ‘Aho gutangirira’ yayigeneye buri wese, ariko cyane cyane ufite inshingano z’ubuyobozi bwaba ubuyobozi busanzwe, cyangwa se ubuyobozi mu rwego rw’iyobokamana.

Ati “Ni kenshi bene aba bantu bibaza icyakorwa kugira ngo bakure abo bayobora mu mibereho mibi, babageze mu mibereho myiza. Hano rero harimo no guhumurizwa kuri bene uyu muyobozi uhora ahangayitse, ndetse n’uwaba yibaza nk’uko Mose yabajije Imana nyuma yo guhabwa inshingano zo kuyobora abanya-Israel abavana muri Egiputa.”

Indirimbo ‘Impeta’ aririmba yibutsa abantu urukundo Imana ikunda abantu, birenze uko babitekereza. Ati “Impeta ni ikimenyetso cy’urukundo hagati y’abantu mu buzima busanzwe. Kandi nta mpeta itangwa itagira amagambo ayiherecyeza.”

“Impeta nayanditse nshyiramo ariya magambo, ndi gutecyereza ikimenyetso cy’urukundo ruhoraho hagati y’abantu n’Imana, isezerano umuntu agirana n’Imana ryo kuyikorera kabone n’iyo byagenda gute maze nayo ikaririnda ikanamurinda, nawe akaririnda, ikamukorera ibyiza byinshi byashyirwa hamwe bigatanga ihumure kubihebye.”

Uyu muhanzi yanifashishije impeta mu kwibutsa abayambikanye bose kwibuka amagambo babwiranye, kugira ngo bakomeze kubahiriza isezerano bagiranye.

Indirimbo ‘Andika’ yasohoye ni iyo guhumuriza abantu bose baruhijwe n’isi. Impamvu yayo nyamukuru ni ukwibutsa ko isi nta mubabaro igira ijuru ritakiza.

Ati “Murabona ukuntu nk’abayobozi bashobora gufata igihe cyo kwicarana nabo bayobora kugira ngo babacyemurire ibibazo, ni ishusho neza yampaye igitecyerezo cyo kumvikanisha ko ihemba ry’Imana riri hamwe n’abantu.”

“Ko kandi n’abo mubona batarakira agakiza nabo bazakakira babe abantu bayo, iyicara kuri ya ntebe iravuga iti dore byose ndabihindura bishya. Nifatanyije n’abantu kandi bafite ibyifuzo bikomeye kugira ngo tubishyikirize Imana, igire icyo ikora ihindure ibyanze guhinduka.”

Uyu muhanzi avuga ko muri uyu mwaka nta ndirimbo azashyira hanze, ariko ko azajya aririmba izi yasohoye ahantu hanyuranye nko mu nsengero n’ahandi Imana izamushoboza.

Ildephonse avuga ko impamvu nyamukuru yatumye ashyira hanze icyarimwe izi ndirimbo, ari ukugira ngo abone umwanya wo gutegura izindi ndirimbo.

Ati “Impamvu nyamukuru yo kuba narakoze indirimbo 3 nkazishyira hanze icyarimwe, ni ukugira ngo mbone uko nshyira imbaraga kuzindi ndirimbo mfite zo kuzuza iyi album ya mbere.”

Iyi Album ye izaba iriho indirimbo umunani. Avuga ko ayitezeho ‘kuzahangana n’ibibazo by’ingutu mu gutanda ihumure ku mitima ikomeretse, no kuvuga ubutumwa bwiza muri rusange.’


Ildephonse Mbarusha wigisha muri Ines Ruhengeri yasohoye indirimbo ‘Impeta’, ‘Aho gutangirira’ ndetse na ‘Andika’

Ildephonse avuga ko Album ye izaba iriho indirimbo umunani, ayitezeho guhembura imitima ya benshi

Uyu muhanzi avuga ko umwaka wa 2021 yawugiriyemo imigisha, kuko yabonye akazi ko kwigisha muri Ines Ruhengeri 

Ildephonse avuga ko yatanguwe n’uburyo indirimbo ze ebyiri yahereyeho zakiriwe


KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘IMPETA’ YA ILDEPHONSE MBARUSHA

">
KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘AHO GUTANGIRIRA’ YA ILDEPHONSE MBARUSHA
">
KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘ANDIKA’ YA ILDEPHONSE MBARUSHA

">

    






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND