RFL
Kigali

Nyuma y’uko umukunzi we abuze aho bari gusezeranira, umugeni yahisemo gusezerana n’ifoto - VIDEO

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:6/01/2022 15:12
0


Ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho y’umugeni wahisemo gusezerana n’ifoto y’umukunzi we nyuma y’uko uwo bari gusezerana atabashije kugera aho ibirori by’ubukwe byabereye kubera uburwayi. Uyu mugeni yakase umutsima ndetse anafata amafoto y’urwibutso n’ifoto y’umukunzi we yari yashyizwe ku gipupe kizwi nka mannequin.



Biragoye kwiyumvisha uko umuntu yabyifatamo ku munsi w’ubukwe ubwo uwo bari gusezerana afashwe n’uburwayi ku munota wa nyuma muri kwitegura kujya aho muri busezeranire.

Uko uhise ubyibazaho wibaza icyo wakora ibyo biramutse bikubayeho, hari umugeni wari witeguye kujya gusezerana n’umukunzi we maze ku munota wa nyuma umukunzi we afatwa n’uburwayi biba ngombwa ko ahita ajyanwa mu bitaro kwitabwabo n’abaganga.

Uyu mukobwa wari witeguye kwishimira uyu munsi w’amateka mu buzima bwe, nyuma yo guhura n’iki kibazo yanze guhagarika ubukwe maze afata icyemezo bamwe bavuze ko kitari gikwiye.

Mu rwego rwo gukomeza ubukwe, uyu mukobwa yafashe icyemezo cyo gusezerana n’ifoto y’umukunzi we yari yashyize ku gipupe bambika imyenda cyizwi nka mannequin.

Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga aho ubu bukwe bwabereye, yerekanaga abari batashye ubukwe bahimbawe ndetse banabyina. Uyu mukobwa nawe wari washyingiwe yagaragaye ari gukata umutsima n’iki gipupe cyariho ifoto y’umukunzi we ndetse n’abatashye ubukwe bafata amafoto y’urwibutso n’uyu mugeni wari hafi y’ifoto y’umukunzi we. 

Mu bitekerezo bitandukanye byatanzwe kuri iyi nkuru, bamwe bavugaga ko ibyo uyu mukobwa yakoze bitari bikwiye ko yari guhita ahagarika ubukwe abari babutashye bagataha maze bukimurirwa ku wundi munsi. Abandi nabo bakavuga ko ibyo uyu mugeni yakoze ntakibazo kirimo. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND