RFL
Kigali

Bien-Aimé wo muri Sauti Sol na Eric Omondi bashwaniye mu gitaramo Konshens yakoreye muri Kenya-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/01/2022 12:07
0


Umuhanzi Bien-Aimé Baraza wo mu itsinda rya Sauti Sol, yashwanye bikomeye n’umunyarwenya Eric Omondi uri mu bakomeye bari mu gitaramo umunya- Garfield Spence [Jamaica Konshens] yakoreye mu gihugu cya Kenya.



Konshens ni we wari umuhanzi Mukuru mu iserukiramuco NRGWawe ryabereye ahitwa Carnivore, mu ijoro ry’uyu wa Gatanu tariki 31 Ukuboza 2021 rishyira kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Mutarama 2022, yinjiza Abanya-Kenya mu mwaka mushya wa 2022.

Eric Omondi ni we wari umushyushyarugamba muri iki gitaramo, mu gihe Bien-Aimé uzwi mu ndirimbo ‘Mbwe Mbwe’ kandi ukunzwe yaririmbye muri iki gitaramo n'abarimo Khaligraph Jones, Fena na Benzama.

Amashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza Bien-Aimé ashwana na Omondi biturutse ku kuba yapyinagaje abahanzi bo muri Kenya ngo baririmbe nyuma y’abandi, muri iki gitaramo cyafashije Abanya-Kenya guhereza 2021.

Bien yavuze ko mu bihe bitandukanye, yabonye ibyo Omondi yandika acisha bugufi abahanzi bo muri Kenya. Ati “Ibyo nabonye wandika kuri murandasi wanabigaragaje hano. Kuririmba nyuma y’abandi ntibikwiye kuba ikibazo. Nishyuwe amafaranga menshi kugira ngo mbe ndi hano.”

Mu kwisobanura, Eric yavuze ko yakoze ibi mu kurinda ahazaza h’abahanzi bo muri Kenya. Ariko Bien wari wafashwe n’uburakari, amusubiza kwita cyane ku rugendo rwe rwo gutera urwenya kurusha umuziki.

Aba bombi bakomeje guterana amagambo, kugeza ubwo Bien avuye imbere ya Eric Omondi ajya kureba umugore we. Avuga ati “Ntushobora kumfata uko wishakiye imbere y’umugore wanjye.”

Eric avuga ko abahanzi bo muri Kenya batasizigirije ikibuga cy’umuziki wabo, bituma abashoramari bahora batumira abahanzi bo mu muhanga.

Mu ukwakira 2021, Eric yavuze ko kuri we, uruganda rw’umuziki muri Kenya rwapfuye. Ati “Twatakaje ikuzo twahoranye.” Akomeza avuga ko abahanzi basigaye bishingikiriza abo mu mahanga kugira ngo bazamuke mu rugendo barimo.

Ati “Tugeze habi! Buri cyumweru tuba dufite abahanzi batatu cyangwa bane bo mu muhanga, baje gutaramira hano i Nairobi.”


Bien yabwiye Eric Omondi kudakomeza kwamamaza ko abahanzi bo muri Kenya ari abanebwe
Eric Omondi yahuye na Konshens nyuma y’iminsi amaze agaragaza ko nta munyamahanga ukwiye gutaramira muri Kenya


Mu 2020 nabwo Konshens yakoreye igitaramo gikomeye mu gihugu cya Kenya


KANDA HANO UREBE ERIC OMONDI ASHWANA NA BIEN [SAUTI SOL]

">
 

KONSHENS YINJIJE ABANYA-KENYA MUMWAKA MUSHYA WA 2022

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND