FPR
RFL
Kigali

Iby’ingenzi kuri Lisa umukobwa wa mbere mwiza ku isi-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:1/01/2022 21:49
1


Lalisa Manoban wamamaye nka Lisa ni we mukobwa uyoboye urutonde rw’abakobwa beza 100 ku isi. Mu busanzwe, ni umuraperikazi n’umubyinnyi kabuhariwe ku isi, cyane ku mugabane wa Asia.



Azwi nka Lisa, ni umwe mu bahanzi bakomeye ku mugabane wa Asia wamamaye mu itsinda ry’abaririmbyi rya Blackpink. Lisa  araririmba, akarapa, akanabyina kandi yatangiye no kubaka izina nk’umuhanzi ku giti cye aho yashyize hanze album ya mbere muri Nzeri 2021.


Afite kandi ubwiza butangaje, byatumye ashyirwa ku mwanya wa mbere n’ibinyamakuru binyuranye mpuzamahanga nk’umukobwa mwiza w’umwaka wa 2021. INYARWANDA yabateguriye ibintu by’ingenzi wamenya kuri Lisa wabonye izuba kuwa 27 Werurwe 1997.

Ubundi Lisa ntabwo yavutse yitwa Lalisa Manoban nk’uko benshi babizi, ahubwo yiswe Paranpriya Manoban ariko yaje guhinduza izina mu buryo bunyuze mu mategeko, ahitamo kwitwa Lalisa bivuze ‘usigizwa’.

Lisa yakuze yifuza kuzaba umunyamideli n’ubwo yaje kuvamo umuhanzi rurangiranwa, by’umwihariko mu njyana ya rap.

N’ubwo bwose biba bitoroshye kumenya indimi, ariko hari abo usanga bihira. Lisa rero ni umwe muri abo aho kugeza ubu avuga indimi nyinshi zirimo igitayilani, icyongereza, ikanyakoreya, ikiyapani n’igishinwa.

Yagiye mu bwana bwe yitabira amarushanwa anyuranye yo kubyina, dore ko yanabyizeho guhera afite imyaka 4 bikaza kwigaragaza byihuse ko abifite mu turemangingo ibijyanye no kubyina.

Lisa kandi ubushobozi agenda abona abicyesha impano ze, agenda abwifashisha mu gufasha abababaye nko mu mwaka wa 2019 nyuma y’ibiza byateye muri Thailand, yatanze akayabo mu gufasha abagizweho ingaruka nabyo.

Mu myaka amaze, yagiye yegukana ibihembo bitandukanye akanahatanira n’ibindi kandi bikomeye, by’umwihariko ku mugabane wa Asia.

Akunda kandi gufotora, uretse kuba agira amafoto akundwa na benshi nk’aho ku rukuta acururizwaho rwa Instagram akurikirwa n’abarenga miliyoni 70.9.


Lisa indirimbo ye ifite agahigo ko kuba ariyo yarebwe mu gihe cy'amasaha 24 inshuro nyinshi zingana na miliyoni 73.6 kuri Youtube mu mateka y'indirimbo y'umuntu ku giti cyeYakuriye mu biganza bya nyina w'umunyatayilandi n'umugabo washakanye na nyina

Lisa yatangiye kubyina afite imyaka 4 ndetse yigaragaza nk'umubyinnyi kabuhariwe mu gihe gito cyaneYinjiye muri Label y'umuziki ya YG Entertainment ku myaka 13Areshya na metero imwe na sentimetero mirongo itandatu na zirindwiMu mwaka wa 2016 nibwo yinjiye muri Blackpink itsinda ry'umuziki n'ababyinnyi ry'abakobwa baneMu kwezi k'Ugushyingo 2021 yanduye COVID-19 ariko kuri ubu yarakize ameze neza


Yagiye asinyana amasezerano kandi nk'umunyamideli yo kwamamariza kompanyi zikomeye

Akunda gufotora n’ubwo anaberwa n'amafoto

Amaze kwegukana ibikombe no guhatanira byinshi mu bihembo


Atunze akayabo ka miliyari zigera kuri 14Frw, ni umunyatayilandi byuzuye

KANDA HANO UREBE UNUMVE LISA


">





  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • NSHIMIYIMANA PIERRE4 months ago
    nakomereze aho nibyiza pe.





Inyarwanda BACKGROUND