RFL
Kigali

80% bahawe urukingo rumwe rwa Covid-19, ubukungu burazamuka- Perezida Kagame yagaragaje uko Igihugu gihagaze

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/12/2021 16:14
0


Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko 80% by’abaturage bahawe nibura urukingo rumwe rwa Covid-19, kandi ko muri uyu mwaka, ubukungu bw'u Rwanda bwiyongereye ku buryo bushimishije.



Yabitangaje mu ijambo yavuze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 27 Ukuboza 2021 rigaragaza uko Igihugu gihagaze.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko Igihugu gihagaze neza muri rusange. Ko uyu mwaka ubaye uwa kabiri usojwe Igihugu gihanganye n’icyorezo cya Covid-19.

Yavuze ko byasabye ko igihugu cyiga uburyo bushya bwo guhangana n’iki cyorezo cyadutse mu Bushinwa mu mpera za 2019. Yashimye  Abanyarwanda uruhare bakomeje kugira mu mibereho ndetse n’iterambere ry’igihugu mu bijyanye no guhangana n’iki cyorezo.

Umukuru w’Igihugu, yavuze ko u Rwanda rwahanganye n’ibibazo binyuranye birimo nk’iby’ubuzima, umutekano n’ubukungu. Ko mu rugendo rwo guhangana na Covid-19, hari intambwe imaze guterwa, kuko kugeza ubu 80% by’abaturage bamaze guhabwa doze ya mbere y’urukingo uhereye ku bafite imyaka 12 y’amavuko.

Kagame ati “Bumwe mu buryo bw'ingenzi twifashishije mu kurinda Abanyarwanda, ni ugukingira Igihugu cyose urukingo rwa Covid-19, kugeza ubu 80% by'abaturage bacu guhera ku bafite imyaka 12 kuzamura, bahawe nibura urukingo rumwe...”

Kagame yashimye abantu bose bakomeje kugira uruhare mu rugamba rwo guhangana n’iki cyorezo, harimo abaterankunga, ibihugu n’abandi.

Akavuga ko ku bufatanye n’abarimo sosiyete ya Bion Tech, mu 2022 mu Rwanda hazatangira gukorerwa inkingo za Covid-19 n’indi miti.

Ati “Bitewe n'ibyemezo bishingiye ku bushishozi byafashwe muri uyu mwaka, ubukungu bw'u Rwanda bwariyongereye bishimishije. Kandi twizeye ko bizakomeza.”

Umukuru w’Igihugu, avuga ko mu kuzahura ubukungu, hashyizweho ikigega Nzahurabukungu cyashyizwemo miliyari zirenga 100 Frw cyafashije mu kongera kuzamura ubukungu bwashegeshwe n'iki cyorezo, cyane ubucuruzi bwibasiwe n’urwego rw’ubukerarugendo.

Yanagaragaje ariko ko hamaze gukusanywa andi mafaranga azakomeza gufasha mu kunganira ibikorwa nk’ibi birimo n’ishoramari mu gihugu.

Kagame yanashimye abasora bakomeje kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.  Ati “Ndagira ngo nshimire abasora bakomeje kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu, mu bukungu bw’u Rwanda n’ubwo hari icyorezo.”

Anavuga ko kuba ikoranabuhanga ryarimakajwe rigashyirwamo imbaraga, byatumye icyorezo cya Covid-19 kidakomeza guhagarika imikorere mu bihe bitandukanye. Igihugu nticyabohwa n’iki cyorezo.

Avuga ko urubyiruko rukwiye gukomeza gufatanyiriza hamwe mu guhanga udushya no gushakira ‘ibisubizo ibibazo bitwugarijwe uyu munsi n’ejo hazaza’.

Umukuru w’Igihugu, avuga ko Covid-19 yagize ingaruka ku banyeshuri bituma amashuri mu bihe bitandukanye afungwa, ariko hishimirwa ko igihe cyageze agafungurwa, ndetse abanyeshuri bakora ibizamini.

Perezida Kagame yanagarutse ku matora y’abayobozi mu nzego z'ibanze yagiye asubikwa, ariko hishimirwa ko igihe cyageze agasubukurwa; asaba abayobozi gukomeza gushyira imbere kunoza serivisi baha umuturage.

Yavuze ko u Rwanda ruzakomeza kwihaza mu biribwa, ashima abahinzi bakomeje kwihangana muri ibi bihe bitoroshye bagakomeza imirimo. Agaragaza ko ubuhinzi bufatiye runini u Rwanda, kuko bwatanze 25% ku bukungu bw’Igihugu mu 2021.

Yavuze ko u Rwanda rukomeje kwihaza mu biribwa, kandi ko hari ibigega bihagije. Ati “Ndagira ngo nshimire abahinzi bacu kuba barakomeje kwihangana muri ibi bihe.”

Akomeza avuga ko n’ubwo u Rwanda ruri mu bihe bitoroshye bya Covid-19, ariko muri uyu mwaka rwabashije kwakira ibirori n’inama birimo n’imikino ya BAL [Basketball Africa League].

Umukuru w’Igihugu, avuga ko u Rwanda ruzakomeza ubufatanye n’ibindi bihugu mu bijyanye n’umutekano, aho u Rwanda rugira uruhare mu kugarura umutekano mu bihugu bitandukanye hirya no hino.

Perezida yasabye Abanyarwanda gukomeza kubakira ku byagezweho, abifuriza umwaka mushya muhire wa 2022.


Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda uko igihugu gihagaze

KANDA HANO UREBE IJAMBO RYOSE RYA PEREZIDA KAGAME

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND