RFL
Kigali

Igitaramo cya Masamba na Jules Sentore cyasubitswe ku munota wa nyuma

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:22/12/2021 22:31
0


Abari bategereje kandi biteguye “Igitaramo umurage” cy’abahanzi Masamba Intore na Jules Sentore, bamenyeshejwe ko cyasubitswe ‘ku bw’impamvu z’icyorezo cya Covid-19’.



Iki gitaramo cyari gitegerejwe kuba mu masaha y’umugoroba ku wa Gatanu tariki 24 Ukuboza 2021, kuri Romantic Garden ku Gisozi.

Ni kimwe mu bitaramo byari gufasha abakunzi b’umuziki gakondo gusoza neza umwaka wa 2021 binjira mu 2022. Cyari cyatumiwemo Ruti Joel.

Mu ijoro ry’uyu wa Gatatu tariki 22 Ukuboza 2021, umuhanzi Jules Sentore yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze, avuga ko iki gitaramo cyasubitswe ‘Ku bw’impamvu z’icyorezo cya Covid-19 hamwe na Omicron’

Avuga ko “Bibaye ngombwa ko cyimurirwa [igitaramo] indi taliki muzamenyeshwa nyuma yo kumenya uko bizaba bihagaze.”

‘Igitaramo umurage’ gisubitswe cyiyongera ku bindi birori n’ibitaramo byamaze gusubikwa nyuma y’uko mu ijoro ryo ku wa 19 Ukuboza 2021, itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ku gukumira ikwirakwira harimo ko ‘ibitaramo bibaye bihagaritswe’.

Mu birori n’ibitaramo bimaze gusubikwa harimo ibyo gutanga ibihembo bya Isango na Muzika Awards 2021, ibihembo bya Rwanda Influencer Awards 2021, Iserukiramuco rya Noheli ‘Wave Nohel Fest’ n’ibindi.

Mu ijoro ry’uyu wa Kabiri, inyubako ya Kigali Arena iberamo ibirori n’ibitaramo bitandukanye yasohoye itangazo ivuga ko ibyari kuberamo bibaye bihagaritswe mu rwego rwo kwirinda Covid-19.

Bati “Mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza mashya ya Covid-19 mu gihugu no kurinda umutekano wa buri wese, turifuza kubamenyesha ko ibikorwa bibera kuri Kigali Arena bibaye bihagaritswe kugeza igihe kizatangazwa.”

“Mugihe hakomeza kuba impinduka, tuzagumya kubagezaho amakuru mashya. Mukomeze kwirinda kandi tuzanezezwa no kongera kubakira vuba.”    Igitaramo cy’abahanzi Masamba Intore na Jules Sentore cyasubitswe ku munota wa nyuma









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND