RFL
Kigali

Ibibazo mu miyoborere ya Vatican byatumye Umukaridinali w’Umunyafurika wahabwaga amahirwe yo kuzaba Papa yegura

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:20/12/2021 2:17
0


Mu buyobozi bukuru bwa Kiliziya Gatolika hakomeje kumvikana ibitagenda neza , aho bamwe mu bumvikana begura ku mpamvu zabo , ubu amakuru ahari avuga ko Karidinali Peter Turkson wari mu bakomeye i Vatican yeguye ku mirimo ye kandi yari mu bahabwaga amahirwe yo kuzaba Papa.



Tariki 18 Ukuboza 2021, nibwo ibinyamakuru bitandukanye byatangiye gutangaza amakuru ya Karidinali Peter Turkson, bamwe babonaga ko ari umukandida wazaba Papa wa mbere w’umunyafurika, yatanze icyifuzo cyo kwegura ku ishami rikuru rya Vatikani, nk'uko Reuters ibivuga.


Uyu musaza w’imyaka 73 y’amavuko akomoka muri Ghana. Yabaye umujyanama w’ibanze wa Papa Francis  ku bijyanye n’’imihindagurikire y’ikirere n’ubutabera, akaba kandi n’umunyafurika rukumbi  wayoboraga ishami rya Vatikani.


Karidinali Peter Turkson ishami  rya Dicastery for Integral Human Development akoramo, rikubiyemo ibintu bine  birimo amahoro, ubutabera, abimukira, n’abagiraneza nk’uko amakuru aturuka muri Vatikani abivuga. Amakuru akomeza ashimangira ko icyatumye Karidinali Peter asaba kwegura ku mirimo ye ahanini ni ibitari kugenda neza mu miyoborere ya Vatican.

Ubwegure bwa Karidinali Peter ntabwo Papa Francis arabushyiraho umukono. Ibi bije nyuma y’aho mu minsi ishize Musenyeri w’umupadiri mukuru w’ i Paris, Michel Aupetit  yeguye kubera atareka kugirana ubushuti n’umugore bakundanye imyaka isaga 10. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND