RFL
Kigali

Imodoka mu bihembo bizatangwa muri Rwanda International Movie Awards - VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/12/2021 19:28
0


Abategura ibihembo bya Rwanda International Movie Awards igiye kuba ku nshuro ya munani, batangaje ko mu bihembo bazatanga harimo imodoka.



Mu kiganiro cyabereye kuri Hill View Hotel kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ukuboza 2021, abategura iki gikorwa basobanuye birambuye uko kizagenda kuva ku munsi wa mbere kugeza kirangiye.

Bavuze ko bihaye igihe cy’amezi atatu uhereye uyu munsi bateguza iki gikorwa kugira ngo rubanda bumve neza gahunda ihamye bafite.

Ni ibihembo bavuga ko byubakiye ku kuzamurira ubushobozi abakinnyi ba filime, abazitunganya n’abandi. Binagamije kuzamura urwego rwa cinema mu Rwanda, kwishimira ibyagezweho no gutuma cinema yo mu Rwanda imenyekana ku rwego Mpuzamahanga.

Ni ku nshuro ya munani ibi bihembo bigiye gutangwa, ariko ni ku nshuro ya kabiri bigiye gutangwa ari mpuzamahanga. Mu 2020, byasubitswe kubera icyorezo cya Covid-19 cyugarije Isi muri iki gihe.

Kuri iyi nshuro, ibi bihembo byubakiye ku nsanganyamatsiko yo guhuza ‘umuco wanjye’ n’amajwi n’amashusho.

Mucyo Jackson Umuyobozi wa Ishusho Arts, yavuze ko kuri iyi nshuro bazatanga ibihembo byinshi, aho umukinnyi w’umugore/umugabo ukunzwe n’Abanyarwanda [People’s Choice] azahembwa imdoka. Avuga ko uwa kabiri azahembwa sheki y’amafaranga atatangaje ingano yayo.

Uyu muyobozi yavuze ko kuri iyi nshuro abantu bakwiye kwizera ko iyi modoka izatangwa, bitandukanye n’ikindi gihe byigeze kuvugwa ko bazatanga imodoka ariko ntibikorwe.

Ati “Imodoka hari ikindi gihe yigeze kuvugwa ariko ntabwo twigeze tuyivugaho nk’ahantu nk’aha kubera ko ikosa ryabayeho yavugiwe mu gikari bihita binasohoka, haba impamvu zituma isubira mu gikari…”

“Uyu munsi kuko tubivuze uwo mufatanyabikorwa ntabwo ateye atyo, nta n’ubwo ubu yakisubira ngo byemere bitewe n’amasezerano dufitanye.”

Jackson avuga ko umuterankunga bamaze kuvugana ‘kandi ntiyakwisubira’. Avuga ko abantu bakwiye kwitabira ibi bihembo, kandi ko hazaba harimo icyiciro cy’amatora yo kuri internet ari nayo azagena uzatsinda muri ‘People’s Choice’.

Anavuga ariko ko hari Akanama Nkemurampaka kazemeza filime zizahatana, ndetse n’abazegukana ibihembo mu byiciro 32 by’abahatana bivuye kuri 23.

Kuri iyi nshuro ya 8, Rwanda International Movie Awards izafatanya na Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco n’Inteko n’Umuco.

Guhera ku wa 20 Ukuboza 2021, abantu bazaba bemerewe gutangira kwandikisha filime zabo bashaka ko zizahatana muri iki gikorwa. Iyi gahunda izamara ukwezi kumwe.

Ku wa 4 Mutarama 2022, hazaba ijoro ryo kugaragaza no guhitamo abahatana muri ibi bihembo.  Tariki 4 Gashyantare 2022 hazaba igikorwa cy’aho abakinnyi ba filime bazagenda bazajya ahantu hatandukanye biyereka abaturage. Tariki 3 Werurwe 2022, nibwo ibi bihembo bizatangwa.


Mucyo Jackson yavuze ko imodoka izahabwa uzaba uwa mbere mu cyiciro cya People’s Choice naho uza uwa kabiri azahabwa sheki y’amafaranga

Ushinzwe imigendekere y’igikorwa Amir Mbera, yavuze ko ibi bihembo bigamije gutera iteka abagira uruhare mu guteza imbere cinema Nyarwanda barimo aba Producer, abakinnyi ba filime, abaziyobora n’abandi

Uhereye ibumoso:  Ushinzwe imigendekere y’igikorwa Amir Mbera, Mucyo Jackson Umuyobozi wa Ishusho Arts itegura ibi bihembo, n’Umukinnyi wa filime Sugira Fofo Ushinzwe Itangazamakuru muri ibi bihembo

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE N'ABATEGURA IBI BIHEMBO 


AMAFOTO + VIDEO: Iradukunda Jean De Dieu-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND