Inama yateranye ku mugoroba w’uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021, iyobowe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro yafashe umwanzuro w’uko ibitaramo n’utubyiniro bifungwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 cyane muri iki gihe Abanyarwanda bitegura kwinjira mu minsi Mikuru.
Ibitaramo byaherukaga gufungurwa mu
Ukwakira 2021. Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri, harimo ingingo ivuga ko ‘Konseri
zateguwe zizajya zibanza kwemezwa n'Urwego rw'igihugu rushinzwe iterambere mu
Rwanda (RDB).’
Ku gicamusni cyo kuri uyu wa Gatatu
tariki 15 Ukuboza 2021, bamwe mu bagize guverinoma bagiranye ikiganiro cyibanze
ku ngamba nshya zo gukomeza guhangana n'icyorezo cya Covid-19.
Umuyobozi mukuru w'agateganyo
ushinzwe ubukerarugendo muri RDB, Ariella Kageruka, yasabye abafite Hoteli
gukomeza kwibutsa ababagana kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 harimo
kumenya neza igihe bagomba kumara mu gihe cy'akato.
Avuga ko ba mukerarugendo basura u Rwanda bagomba kubanza kwipimisha mbere y'uko bafata urugendo. Uyu muyobozi yavuze ko abategura ibitaramo/konseri bagomba kumenyesha RDB mbere y’iminsi 10. Yanavuze ko amabwiriza arambuye baza kuyatangaza.
Ati “Icya nyuma nagarukaho ni abategura
konseri, aho tubasaba nk'uko bisanzwe kudusangiza amakuru mbere iminsi 10
'adress' barayizi ariko turaza no gutanga inyandiko isobanura bino byose aho
ayo makuru agomba gutangwa."
Akomeza ati “Tukaba rero tubasaba
y'uko ibikurikizwa ari ukureba ibipimo bya Covid-19 ndetse no kureba ko abantu
bagana muri ibyo bikorwa bakingiwe 'doze' zose ziteganwa.”
Yunganiwe n’Umuvugizi wa Polisi, CP
John Bosco Kabera wavuze ko ibitaramo/konseri byari byarateguwe ibizaba ari
ibifite uruhushya.
Ati “Ibitaramo by'umuziki no kubyina
cyangwa se Nights Clubs birafunze ibyo byumvikane ko ibintu byahindutse ariko
noneho ku bijyanye na konseri zari zarateguwe byumvikane ko izizakorwa ari
izifite uruhushya.”
Muri iki kiganiro, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yavuze ko abagaragaweho Covid-19 muri iyi minsi ari abitabiriye ibirori bitandukanye, n’abandi bagiye bahurira ahantu hafunganye byatumye guverinoma ikaze ingamba zo kwirinda Covid-19.
Minisitiri Ngamije avuga ko abantu 6
ari bo basanze baranduye ubwoko bushya bwa Covid-19 buzwi nka Omicron mu
bagenzi 23 basuzumwe. Avuga ko Leta yakajije ingamba kugira ngo 'igihugu
kidasubira mu bihe by'ibyintangiriro yo mu 2020'.
Ngamije avuga ko abantu bakwiye gukomeza
kwirinda no kubahiriza neza aya mabwiriza. Akavuga ko byari bisigaye bigaragaza
ko abantu bari baradohotse, ntibambare agapfukamunwa, abandi bari ahantu
hacucitse.
Akavuga ko n'ubwo Leta yakoze ibishoboka
mu guhangana n'iki cyorezo harimo gukingira umubare munini ariko abantu bakwiye
gushyira imbere gukomeza kwirinda cyane.
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu,
Gatabazi Jean Marie Vianney ashima Abanyarwanda uburyo bitwaye muri iki gihe
cyo guhangana na Covid-19, byatumye u Rwanda rushyigikirwa ku rutonde
rw'ibihugu byitwaye neza mu guhangana n'iki cyorezo.
Akibutsa abaturage batarikingiza
Covid-19 kwitabira iki gikorwa kiri kubera mu matsinda. Ati "Turasaba
abanyarwanda ko muri ibi byumweru bibiri biri imbere bakingiza kuko inkingo
zarabontse mu buryo bushoboka."
Ashima uburyo abatuye Umujyi wa Kigali
uri kwitwara mu kwikingiza Covid-19, ariko kandi ko abo mu Ntara
y'Uburengerazuba ntibarumva neza iki gikorwa. Ni ibintu avuga ko inzego,
abaturage n'abandi bakwiye kugira ibyabo mu rwego rwo kwirinda iki cyorezo.
Uyu muyobozi avuga ko buri wese wateguye
ibirori, ibitaramo n'ibindi akwiye kugenzura neza niba abantu yatumiye
barikingije Covid-19 kandi bipimishije mbere y'uko umunsi nyirizina ugera.
Minisitiri Gatabazi avuga ko Omicron
yandura vuba, agasaba buri wese kumva ko akwiye gukomeza gukaza ingamba mu
kwirinda iki cyorezo, harimo nko kwambara agapfukamunwa neza, gukaraba kenshi
n'ibindi byose bisabwa mu kwirinda iki cyorezo.
Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Béata U. Habyarimana yavuze ko n'ubwo Abanyarwanda bari kwinjira mu minsi mikuru bakwiye no kwibuka icyorezo gihari, bityo ko atari umwanya wo 'kuregeza' mu kwirinda iki cyorezo.
Yasabye abacuruzi guhana intera, kandi
bakibutsa buri wese ubagana gukaraba intoki mbere y'uko yinjira mu iduka.
Agasaba ko urubyiruko ruri muri
'Youth Volunteers' gukorera cyane ahari ubucuruzi bucucitse kugira ngo bibutse
buri wese ugana iduka kubahiriza ingamba zo kwirinda iki cyorezo.
Minisitiri w'Ubuzima, Dr Ngamije
Daniel yavuze ko imibare y’abandura Covid-19, ikomeje kuzamuka asaba buri wese gukaza ingamba
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'igihugu,
Gatabazi Jean Marie Vianney, yashimye uburyo Abanyarwanda bari kwitwara mu
rugamba rwo guhangana na Covid-19 asaba abatarikingiza kubyitabira
Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Béata
U. Habyarimana yasabye abacuruzi kongera kwibutsa ababagana kubahiriza
amabwiriza yo kwirinda Covid-19
TANGA IGITECYEREZO