Inama y’Abamanisitiri yafashe ingamba zirimo ko ibitaramo n’utubyiniro ‘bibaye bihagaritswe’ mu rwego rwo kwirinda icyorezo ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Iyi nama yateranye mu ijoro ry’uyu wa
Kabiri iyobowe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro. Iyi nama yateranye
mu gihe u Rwanda rumaze kurenza intego rwari rwihaye yo kuba rwakingiye mu
buryo bwuzuye nibura 30% by’abaturage barwo.
Mu byemezo byafashe bigamije gukomeza
kwirinda Covid-19 harimo ko ‘Ibitaramo by'umuziki no kubyina (night clubs/live
bands/karaoke) bibaye bihagaritswe.’
Kandi ko ibitaramo/konseri bizajya
bitegurwa bizajya bibanza kwemeza n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere,
RDB.
Iyi nama y’Abaminisitiri ifashe
icyemezo cyo gufunga ibitaramo n’utubyiniro mu rwego rwo kwirinda Covid-19, mu
gihe hari ibitaramo byari byitezwe mu mpera z’uyu mwaka birimo nk’igitaramo cya
Chorale de Kigali cyari kuba ku wa 19 Ukuboza 2021.
Ibitaramo byaherukaga gufungurwa mu
ntangiriro z’Ukwakira 2021. Kuva, icyo gihe abashoramari mu muziki bateguye
ibitaramo bikomeye abantu bongera kwishima.
Itangazo ry'Ibyemezo by'Inama
y'Abaminisitiri yo ku wa 14 Ukuboza 2021
TANGA IGITECYEREZO