RFL
Kigali

UCL: Ronaldo Vs Messi ? UEFA igiye gusubiramo Tombora ya 1/8

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:13/12/2021 15:01
0


Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku mugabane w'iburayi ryasabwe gusobanura neza uburyo Manchester United yatomboranye na Villarreal kandi zari mu itsinda rimwe.



Amategeko avuga ko mu mikino ya 1/8 nta kipe ziva mu gihugu kimwe zitomborana, cyangwa se ngo amakipe yari mu itsinda rimwe yongere ahure. Ubwo tombora yabaga Ikipe ya Villarreal yatomboye ikipe ya Manchester United kandi zari mu itsinda rimwe bivuze ko zari zashyizwe mu dukangara dutandukanye.

Nyuma yaho babonye bitakunda, agapapuro ka Manchester United ntabwo kongeye gusubizwamo, ubundi Manchester United ihita itombora Atletico Madrid kuko ariyo yahise ifatwa bwa kabiri. Giorgio Marchetti wari uyoboye tombora ubwo Atletico Madrid yajyaga gutombora, yavuze ko itemerewe gutombora Liverpool kuko bari mu itsinda rimwe ndetse na Manchester United kuko yo yatombowe.

Amakuru ducyesha The Mirror avuga ko ubuyobozi bwa UEFA bwamaze gusabwa ibisobanuro ku mitegurire mibi yaranze iyi tombora. UEFA yamaze gutangaza ko iyi tombora igiye gusubirwamo kubera ikibazo cya tekinike cyabaye muri tombora ya mbere.


Iyi tombora igiye gusubirwamo





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND