RFL
Kigali

Ikibumbano cyashyizwe ku cyicaro cya UN, bamwe baravuga ko gifite ishusho nk'iy’inyamaswa ivugwa muri Bibiliya

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:13/12/2021 13:36
3


Ikibumbano cyiswe “Umurinzi w’amahoro ndetse n’umutekano ku rwego mpuzamahanga” cyashyizwe ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri New York, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abenshi bari kuvuga ko gifite ishusho nk’iy'inyamaswa ivugwa muri Bibiliya mu gitabo cy’Ibyahishuwe.



Abakoresha imbuga nkoranyambaga batari bacye hirya no hino ku isi batangariye ikibumbano cyiswe “A Guardian for International peace and security” giherutse gushyirwa ku nyubako iri ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye mu mujyi wa New York, aho bamwe bavuga ko gifite ishusho y’inyamaswa ivugwa muri Bibiliya mu gitabo cy’ibyahishuwe.Iki kibumbano gikozwe mu ishusho y’inyamaswa ebyiri harimo imwe izwi nka Jaguar ndetse n’igisiga cyo mu bwoko bwa kagoma.

Mu butumwa buherutse gushyirwa ku rukuta rwa Twitter rwa UN harekanwa ifoto y’iki kibumbano hariho amagambo agira ati: “Umurinzi w’amahoro ndetse n’umutekano ku rwego mpuzamahanga ari ku nyubako y'abasura icyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye. Uyu murinzi yakozwe mu ishusho y’inyamaswa ya Jaguar n’igisiga cyo mu bwoko bwa kagoma akaba yaratanzwe ku nkunga y’ubuyobozi bw’umujyi wa Oaxaca muri Mexique. Yakozwe n’abanyabugeni Jacobo na Maria Angeles.”

Ubwo ubu butumwa bwageraga ku rukuta rwa Twitter, abantu batandukanye batangiye gutanga ibitekerezo aho bamwe bavugaga ko ishusho y’iki kibumbano isa nk'iy’inyamaswa yanditswe n’umuhanuzi Daniyeli mu isezerano rya kera ndetse bikongera kwandikwa n’intumwa Yohani/Yohana mu gitabo cy’Ibyahishuwe, mu isezerano rishya mu gitabo cya Bibiliya.

Muri Daniyeli 7: 3-4 haragira hati: “Muri iyo Nyanja havamo inyamaswa nini enye, zidasangiye ubwoko. Iya mbere yasaga n’intare, ifite amababa nk’ay’ikizu. Nyihanga amaso kugeza aho amababa yayo ashikurijwe igahagarikwa ku isi, ihagarika amaguru yemye nk’umuntu kandi ihabwa umutima nk'uw’umuntu". Mu Ibyahishuwe 13: 2 naho hagira hati: “Iyo nyamaswa nabonye yasaga n’ingwe, amajanja yayo yasaga n'aya Aruko, akanwa kayo kasaga n’ak’intare. Cya kiyoka kiyiha imbaraga zacyo n’intebe yacyo y’ubwami, n’ubutware bukomeye.”




Ikibumbano cyiswe "A Guardian for International Peace and Security "






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ishimwe aliane2 years ago
    Ntacyavuzwe kitazasohora umuntu wese izina rye ritanditswe mugitabo cyubugingo azayiramya Imana iduhe gutunganya ibadatunganye ntutuzatungurwe
  • Titus2 years ago
    Iki kibumbano kiratangaje. Ubundi n'ubwo cyashyizwe ku kicaro cya UN ni satani uri kujijisha. Abize neza ubuhanuzi baziko inyamaswa yujuje biriya ari Leta Zunze Ubumwe Za Amerika. Ntabwo ari UN. Icyakora US ifite gutegekesha ububasha bwa Roma (Ubupapa nk'inyamaswa ya mbere). Rero Amerika ibyo igomba gukora birazwi kd ibigeze kure, turiteguye gusanganira Messiya. Maranatha!
  • Kayisire2 years ago
    For sure ,nta gushidikanya Ku basomyi na bible niyo nyamaswa yavuzwe.twitegure ,tube maso kandi twezwe kuko Yesu Kristo agiraze bidatinze.





Inyarwanda BACKGROUND