RFL
Kigali

Forzza Volleyball Tournament, Gisagara VC na UVC WVC zegukanye agace ka mbere

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:13/12/2021 10:27
0


Gisagara VC yegukanye agace ka mbere ka Forzza Volleyball Tournament itsinze REG VC, mu gihe mu bagore UVC ariyo iyoboye.



Irushanwa rya Forzza Volleyball Tournament rizaba mu duce tugera kuri tune aho agace ka nyuma kazakinwa mu mpera z'uku kwezi. Uduce tugera kuri dutatu tuzakinirwa mu mujyi wa Kigali, na ho agace kandi gakinirwe i Gisagara.

Mu mpera z'iki cyumweru, hakinwaga agace ka mbere kaje kwegukanwa na Gisagara VC mu bagabo itsinze REG VC amaseti 3-1, naho APR VC yari yatsinzwe na Gisagara VC yabaye iya Gatatu itsinze UVC VC nayo yari yatsinzwe na REG VC. Mu cyiciro cy'abagore, UVC WVC yegukanye umwanya wa mbere itsinze APR WVC amaseti atatu kuri abiri, mu gihe RRA WVC yatsinze KVC WVC amaseti 3-0 ihita inatwara umwanya wa gatatu.


UVC WVC ni yo yegukanye umwanya wa mbere 

Umuyobozi w'ishyirahamwe ry'umukino w'intoki wa Volleyball mu Rwanda, Ngarambe Raphael yabwiye Itangazamakuru ko bishimiye urwego abakinnyi bagezeho. Yagize ati: "Nkuko namwe mubibona irushanwa riri kugenda neza kandi ikindi kiza ni uko dukurikije andi marushanwa yatambutse, urabona ko abakinnyi bazamuye urwego. Ni byiza kandi ni ibyo kwishimira, nk'iki kigo cyatekereje iri rushanwa, kikarisaba kuko bazakina uduce tune kuko ni two basabye natwe turabemerera".


Gisagara VC nikomeje kwigaragaza 

Ngarambe akomeza yemeza ko ikipe izatwara iri rushanwa ariyo izahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika. Ati"Iri rushanwa rinafite izindi ngaruka nziza kuko uzatwara iri rushanwa ashobora kuzahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika ariko bikazaterwa niba tuzaba twarakuriweho ibihano kandi turabyizeye."


Umuyobozi wa Forzzabet yateguye iri rushanwa avuga ko umubano bafitanye na Volleyball ariwo wabyaye igitekerezo cy'iri rushanwa. Yagize ati: "Nk'uko muzi dusanzwe tubana n'ishyirahamwe ry'umukino w'intoki wa Volleyball ariko cyane cyane ko uyu mwaka twawutangiye turi muri Corona gusa ntibyabujije ko tugira ibihe byiza muri uyu mukino, ari nayo mpamvu natwe twumvise tutazosa umwaka tudakoze irindi rushanwa. Iri rushanwa rizaba inshuro enye muri uyu mwaka, aho mu byumweru bitatu bigiye kuza tuzajya gukina hanyuma ku munsi wa nyuma tubare amanota, ikipe ifite amanota menshi mu marushanwa ane azaba yabaye, igahita yegukana igikombe."


Mu mpera z'iki cyumweru, irushanwa rizakinirwa mu Karere ka Huye na Gisagara hanyuma ibindi byumweru bibiri bigaye bibere mu mujyi wa Kigali biteganyijwe ko bigenze neza iri rushanwa ryaba ngaruka mwaka amakipe akajya aryitabira mu bagabo n'abagore.









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND