RFL
Kigali

Rayon Sports yahagaritse umutoza mukuru Masudi Djuma

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:7/12/2021 18:35
0


Nyuma yo kwitwara nabi mu mikino irindwi imaze gukinwa muri shampiyona y’u Rwanda 2021-22, Rayon Sports yafashe umwanzuro wo guhagarika by’agateganyo umutoza wayo mukuru Masudi Djuma Irambona, inshingano zisigarana uwari umwungirije Romami Marcel.



Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 07 Ukuboza 2021, nibwo Rayon Sports yasohoye itangazo rivuga ko yamaze guhagarika umutoza mukuru Masudi Djuma kubera umusaruro mubi yagaragaje mu mikino irindwi iyi kipe imaze gukina muri uyu mwaka w’imikino. Uyu mutoza akaba yahagaritswe igihe kitazwi muri Rayon Sports.

Inyuze ku rukuta rwayo rwa Twitter, Rayon Sports yagize iti” Umutoza mukuru wa Rayon Sports Masudi Djuma Irambona yahagaritswe n’ubuyobozi bw’ikipe kubera umusaruro mubi. Umutoza wungirije Romami Marcel niwe ugiye gusigarana inshingano by’agateganyo”.

Rayon Sports imaze gukina imikino Irindwi muri shampiyona y’u Rwanda 2021-22, yatsinze imikino itatu, itsindwa ibiri ndetse inanganya imikino ibiri, ifite amanota 11/21.

Imikino itatu Rayon Sports yatsinze harimo uwa Mukura i Kigali, Bugesera i Kigali, na Etoile de l’Est i Kigali, mu mikino yanganyije harimo uwa Rutsiro i Rubavu na Espoir FC i Rusizi.

Rayon Sports yatsinzwe imikino ibiri yari ingenzi ku barayon, kuko ari imikino y’abakeba abafana baba bategerejeho ibyishimo, aho yabanje gutsindwa na APR FC nyuma yongera gutsindwa na Kiyovu Sports nayo imaze kuyigira insina ngufi muri iyi myaka ibiri ishize.

Gutsindwa na APR FC byazamuye umujinya w’abafana ba Rayon Sports idaheruka igikombe, bagaragaje akababaro kabo ndetse binavugwa ko banatoboye amapine y’imodoka y’umutoza Masudi Djuma.

Bidateye kabiri, Rayon Sports yongeye gutsindwa na mukeba wayo Kiyovu Sports ibitego 2-0, bishyira mu mwijima abakunzi b’iyi kipe batekereza kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka.

Uyu musaruro w’uyu mutoza w’umurundi utamaze igihe kirekire agarutse muri Rayon Sports, watumye buri ruhande ruhaguruka kugira ngo hashakwe umuti ugarura ikipe mu mujyo w’intsinzi.

Biravugwa ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 06 Ukuboza, Komite ya Rayon Sports na bamwe mu bakinnyi b’iyi kipe bateranye, bafata umwanzuro wo kwirukana Masudi Djuma kubera umusaruro mubi.

Muri iyi nama y’igitaraganya, haganiriwemo n’ibishobora kuzahabwa uyu mutoza wari ugifite amasezerano arenze umwaka muri iyi kipe ‘ikundwa kurusha izindi’ mu Rwanda.

Rayon Sports yanatangiye gushaka umusimbura wa Masudi, aho bikomeje kuvugwa ko Irad Zaafouri ukomoka muri Tunisia ari we ushobora kuzaba umutoza mushya wa Rayon Sports mu minsi iri imbere.

Masudi Djuma ari mu muryango usohoka muri Rayon Sports





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND