Bakero
wafashije FC Barcelona kwegukana ibikombe 13 mu myaka 8 yayikiniye mbere yo
kwerekeza muri Veracruz, yitezwe i Kigali guhugura abatoza b’Abanyarwanda mu
ntangiriro za 2022.
Nizeyimana
Olivier uyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’, yashimangiye
aya makuru ubwo yashyiraga ifoto ku rukuta rwe rwa Twitter ari kumwe na José
MarÃa Bakero, ayikurikiza amagambo amuha ikaze i Kigali.
Yagize
ati“Murakoze cyane Kapiteni wacu José MarÃa Bakero, tuzahurire i Kigali ".
Asoza
ubu butumwa, uyu muyobozi yashyizemo n’izina rya Jon Bakero, umuhungu wa José
MarÃa Bakero, na we wakiniye FC Barcelone igihe kitari gito.
Mu
Ukwakira uyu mwaka, Nizeyimana Mugabo Olivier usanzwe ari umufana w’imena wa FC
Barcelone, yari yavuze ko José MarÃa Bakero azaza mu Rwanda mu Ukuboza muri
gahunda yo guhugura abatoza, ariko uyu muyobozi yatangaje ko nyuma habayemo
impinduka ku buryo Bakero ashobora kugera i Kigali muri Gashyantare 2022.
José
MarÃa Bakero Escudero w’imyaka 58 y’amavuko yakiniye amakipe akomeye
muri Espagne, arimo FC Barcelona na Real Sociedad zombi buri imwe yagiye
ayikinira imyaka umunani.
Uyu
munyabigwi yakiniye ikipe y’igihugu ya Espagne imyaka irindwi, hagati ya 1987
na 1994, ayitsindira ibitego birindwi mu mikino 30.
Kuva
mu 1999, Bakero yinjiye mu mwuga w’ubutoza aho yatoje amakipe atandatu arimo
Real Sociedad yanakiniye, aho yayimazemo imyaka itatu mbere yo kwerekeza muri Polonia
Warsaw.

Bakero yabaye kapiteni wa Barcelona igihe kirekire
Bakero yagombaga kuba ari mu Rwanda muri uku kwezi ariko habaye impinduka ku ruzinduko rwe mu Rwanda
