RFL
Kigali

Ibigwi n’ubuzima bwa Nikitake w'imyaka 19 waraye akoze mu jisho abarimo Platini P na Rema Namakulla muri ‘AFRIMA2021’

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:22/11/2021 7:31
0


Nikitake w’imyaka 19 ni we waraje abarimo Rema Namakulla mu gahinda atuma Platini P atabasha guhigura umuhigo yari yarahize wo kwegukana igihembo, atuma abakunzi b’umuziki nyarwanda babura ibyishimo, umunezero utaha muri Kenya.



Kuva hatangazwa ko Platin P ari umwe mu bahataniye ibihembo bya AFRIMA 2021, yagiye yerekana kenshi ko rwose azatuma abanyarwanda babasha kwishima nyamara siko byaraye bigenze nyuma y'uko umuhigo yarahiriye wegukanwe n’umukobwa w’imyaka 19 ukomoka mu gihugu cya Kenya.

INYARWANDA tukaba twabateguriye incamake y’ubuzima bw’uyu mukobwa waraje abanya-Kenya mu munezero naho abakunzi b’umuziki nyarwanda by’umwihariko b’umuziki wa Platini P bakaba bari kuririra mu myotsi dore ko uyu muhanzi yagaragazaga ko yifitiye icyizere. Kuwa 17 Ugushyingo 2021 ubwo yahagurukaga mu Rwanda yajyanye n’ikipe ngari irimo Element na Dj Briane ngo bazamufashe kuzana iryo shimwe mu mahoro.

Nikake yiswe n’ababyeye Nikita Kering, ni umuririmbyi n’umwanditsi w’indirimbo ukomoka muri Kenya. Amaze kwegukana ibihembo bya AFRIMA ubugira kabiri. Yatangiye kuririmba afite imyaka 3. Yegukanye icyiciro cy’umuhanzi mushya mwiza w’umwaka wa 2019 mu bihembo bya ‘Pulse Music Video Awards’.

Niwe muhanzikazi muto wabashije guhatanira no kwegukana ibihembo byinshi muri Africa y’u Burasirazuba wanabashije gusoza gahunda ya Mr Eazi y’Ubujyanama muri 2 ba mbere yitwa emPawa100.

Yatangiye kwigarurira imitima ya benshi mu mwaka wa 2011 ubwo yari afite imyaka 9 gusa ubwo yagaragaraga kuri televiziyo y’igihugu aririmba mu imurikwa rya Album ya Emmy Kosgei.

Nikita, mu bijyanye n’amashuri yagiye agaragaza ubudahangarwa aho yize hose yaba muri Riara, Junior na Nairobi Academy aho yanabashije kwitsindira agakomereza mu ishuri rya Brook House International agasoza amashuri yisumbuye mu 2020.

Yamamaye mu ndirimo zirimo nka Happy With You, Tragedy na Never Let You Down. Yatewe ishema no gusoza amashuri yisumbuye kuko bitari byoroshye na cyane ko yari yarabuze amajyo agatsindwa kubera umuziki ubundi agahomba ibitaramo kubera amasomo menshi.

Nikitake avuka kuri se witwa Joseph Kering wize ibijyanye n’ingufu ari nabyo akoramo ubujyanama na nyina witwa Anne Kering ukora mu kigo cy’ubwishingizi, akaba ari umwana wa kane mu bana batanu.

Ababyeyi be bakaba aribo bakomeje kugenda bamushyigikira muri byose yaba amashuri n’umuziki aho bagiye bamwishyurira indirimbo zose yagiye akora yaba mu buryo bw’amajwi ndetse n’amashusho.

Platini P ntiyabashije guhigura umuhigo yari yarahize wo kwegukana igihembo cya AFRIMA 2021


Nikitake umunyakenyakazi waraye akoze mu jisho abarimo Platini P na Rema Namakulla mu byiciro 2 yegukanye


Nikitake yegukanye ibyiciro 2 harimo icy'umuhanzi mwiza muri RnB na Soul yari ahatanyemo na Platini P ndetse n'icy'umuhanzikazi mwiza muri Africa y'Uburasirazuba


Aha yarimo agira icyo avuga nyuma yo kwegukana ibyiciro 2 byose 

Rema Namakulla nawe ntiyabashije kurenga umutaru 











TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND