RFL
Kigali

Oryx Energies yafunguye sitasiyo ya peteroli nshya i Gikondo-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/11/2021 22:42
0


Kompanyi ya Oryx Energies yafunguye sitasiyo ya peteroli nshya “Oryx Gikondo” iherereye ku muhanda wa Kanzaire i Gikondo muri Kigali.



Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021, witabiriwe n’Umuyobozi w’ishami rifasha abashoye imari mu Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB), Bwana Rusatira Desire wari Umushyitsi Mukuru n’Umuyobozi Mukuru wa Oryx Energies, Bwana Patrick K. Ngugi n’abandi mu nzego zinyuranye.

Oryx Energies Rwanda Limited ibarizwa muri Oryx Energies Company, ifite intumbero yo kwagura ibikorwa byayo biherekejwe n’intumbero zihamye yihaye.

Igamije guhanga udushya, gutanga serivisi yihuse hamwe no gukora itsinda ry’abakozi b’umurava mu kazi.

Umuhango wo gutaha ku mugaragaro iyi sitasiyo ya essence wasusurukijwe n’abagize Itorero Inganzo Ngari. Hari kandi abakozi b’iyi kompanyi, ndetse aho iri shami rikorera hari ibindi bikorwa by’iyi kompanyi nka ‘Super market’ n’ibindi.

Oryx Energies, Company isanzwe ifite ibikorwa bitandukanye by’ishoramari ku mugabane wa Afurika, ndetse ivuga ko ari iy’abanyafurika.

Umuyobozi w’ishami rifasha abashoye imari muri RDB, Rusatira Desire, wari umushyitsi Mukuru muri uyu muhango, yavuze ko ishoramari iryo ari ryo ryose mu Rwanda rihawe ikaze, ari nayo mpamvu Oryx Energies bayifashije gutangira ibikorwa byabo kandi mu gihe gito.

Ati “Ishoramari iryo ari ryo ryose turarikeneye. Kandi ishoramari mu bice bitandukanye. Ni ukuvuga ngo iyo umuntu w’umushoramari bakubwiye ko bafite sitasiyo nyinshi, ibikorwa byinshi muri Afurika twebwe tubirebera mu buryo bwo guhitamo u Rwanda, narwo bakarushyira mu hantu bashaka gushora imari ari itsinda ari ibintu byiza byo kwishimira.”

Uyu muyobozi yavuze ko mu Rwanda hari amahirwe y’ishoramari, ari nayo mpamvu RDB ihora ishishikariza buri wese. Ati “Amahirwe arahari n’ibyo gushoramo birahari. Oryx ikaba yahisemo muri iki gice ya peteroli.

Rusatira avuga ko nyuma yo kwemerera umushoramari gushora imari mu Rwanda bakomeza gukorana nawe umunsi ku wundi, kugira ngo bakurikirane neza uko ashyira mu bikorwa ibyo yiyemeje, kumufasha gukemura imbogamizi ahura nazo n’ibindi.

Umuyobozi Mukuru wa Oryx Energies, Bwana Patrick K. Ngugi, yavuze ko kompanyi ya Oryx Energies yatangiye mu 2015, kandi ko kugeza ubu iri mu za mbere muri Afurika zitumiza peteroli.

Avuga ko ubwo mu ntangiriro, iyi kompanyi yagurishaga peteroli izindi sitasiyo n’abantu ku giti cyabo, nyuma baza guhitamo ko nabo bashora imari, bagatangira kugira sitasiyo za peteroli mu bihugu bitandukanye kugeza no mu Rwanda.

Uyu muyobozi avuga ko “Dutewe ishema no kuba twafunguye ishami rya Oryx Energies mu Rwanda.” Avuga ko kugeza ubu mu Rwanda bafite sitasiyo eshanu, kandi ko hari intego y’uko mu myaka itatu iri imbere bazaba bafite izindi sitasiyo eshanu.

Bwana Patrick K. avuga ko kimwe mu byo bashyize imbere ari ukurengera ibidukijije, ku buryo bashaka gukorana na sitasiyo zifasha imodoka na moto zitwarwa n’amashanyarazi kugira ngo borohereze abakiriya babo.

Yavuze ko imyaka itandatu ishize bari ku isoko, kandi ko ari bo bayoboye kuri sitasiyo za peteroli. Avuga ko iyi kompanyi yatanze akazi ku banyarwanda batandukanye, kandi ko banakora ibikorwa bitandukanye bigamije gufasha abatishoboye.

Patrick avuga ko ashingiye ku byo abona Oryx yakiriwe neza ku isoko, ku buryo ari ibyishimo bikomeye kuri bo kuba bafunguye ishami rishya.

Ati “Ni ibyishimo bikomeye kuri twe. Abakiriya baratwakiriye, kandi turumva ko isoko rihari ku bwacu. Dufite icyizere cy’uko ejo hazaza ari heza kuri twe. Nk’uko nabivuze twizeye isoko ryo mu Rwanda. Turumva twiteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo duhuze n’ibyifuzo by’abakiriya”.


Umuyobozi w’ishami rifasha abashoye imari mu Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB), Bwana Rusatira Desire n’Umuyobozi Mukuru wa Oryx Energies, Bwana Patrick K. Ngugi, bafunguye ku mugaragaro sitasiyo ya peteroli nshya ya Oryx Energies


Umuyobozi w’ishami rifasha abashoye imari mu Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB) Bwana Rusatira Desire, yashimye kompanyi Oryx Energies yashoye imari mu Rwanda


Umuyobozi Mukuru wa Oryx Energies, Bwana Patrick K. Ngugi, yavuze ko bakiriwe neza ku isoko kandi ko mu myaka itatu iri imbere bazafungura izindi sitasiyo

Abayobozi mu nzego zinyuranye bitabiriye umuhango wo gufungura sitasiyo ya Peteroli nshya ya kompanyi ya Oryx Energies iri i Gikondo


Ejo ku wa kabiri kuva mu gitondo saa mbiri kugeza saa sita z’amanywa, hari amahirwe yo gutsindira ibihembo kuri sitasiyo ya Oryx Energies iherereye i Remera


Abamotari bihutiye kunyweshereza kuri iyi sitasiyo kugira ngo batsindire ibihembo birimo Lisansi y’ibihumbi 20 Frw n’ibindi.

Umunyamahirwe wa mbere yashyiriwemo lisansi y’ubuntu, banamuhanagurira ikirahure cy’imbere cy’imodoka.


Umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba Luwano Tosh [Uncle Austin] ni we wayoboye umuhango wo gufungura sitasiyo nshya ya Oryx Energies



Kompanyi ya Oryx Energies ikorera ishoramari mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika



Abantu banyuranye bitabiriye uyu muhango banahawe impano zo gutahana mu rugo


Abakaraza b’Inganzo Ngari mu murishyo w’ingoma banyuze benshi bitabiriye uyu muhango







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND