Ndagijimana Juvenal yari umuhanzi mu njyana Gakondo, akaba yanamenyekanye cyane mu Itorero ry'igihugu 'Urukerereza'
Amakuru y'urupfu rwe yemejwe n'umwe mu bari baturanye na Ndagijimana, wavuze ko yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi. Yagize ati “Ni byo koko Ndagijimana yitabye Imana. Birashoboka ko yaba yapfuye mu masaha ya nijoro kuko ejo numvaga abantu bavuga ko amerewe nabi cyane. Yari amaze iminsi arwaye ". Ibi yabihamirije KigaliToday.
Ubusanzwe iyo uvuze Rukara rwa Bishingwe, hahita humvikana amateka y'umugabo w'umunyarwanda wishe umuzungu wari ugiye kunyaga abaturage. Ahagana mu mwaka wa 1912, Rukara rwa Bishingwe yivuganye umuzungu Rupius washaka kunyanga ubutaka abaturage bitwaga Abarashi, bityo Rukara rwa Bishingwe biramurakaza aramwivugana mu Gahunga k'Abarashi.