Uwahoze ari Perezida w’igihugu
cya Afrika y'Epfo Frederik Willem de Klerk, wabaye Umukuru w’igihugu wa nyuma w’ibihe
byashegeshe abirabura batari bacye bari barimwe uburenganzira mu gihugu cyabo
kizwi nka Apartheid, Frederik Willem de Klerk yitabye Imana.
De Klerk yabaye imbarutso yashyize ku iherezo ikandamizwa rikomeye ryakorwaga n’abazungu rikorerwa abirabura n'ubwo nawe yari umuzungu. Itangazo ryashyizwe hanze ritangaza urupfu rigaragaza ko yatabarutse mu mahoro mu rugo rwe mu masaha y’urucyerera rw’uyu wa Kane nyuma y’igihe yari amaze ahangana na kanseri.
Mu mwaka wa 1993 De Klerk na
Perezida wa mbere w’umwirabura muri Afrika y'epfo, Nelson Mandela basangiye
igihembo cy’amahoro kitiriwe Nobel ibintu byabaye nyuma y’igitangaza cyo kunga
ubumwe hagati y’abirabura
n’abazungu.
Ifoto y'urwibutso ya De Klerk na Nelson Mandela bashyikirizwa igihembo cy'amahoro kitiriwe Nobel, hari kuwa 10 Ukuboza 1993 nyuma y'uko bemeranijwe gusangira ubutegetsi 