RFL
Kigali

MU MAFOTO: Dore ishusho y’igitaramo cya Bruce Melodie cyo kwizihiza imyaka 10 amaze mu muziki

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:6/11/2021 22:32
0


Kuri uyu muinsi Tariki 6 Ugushyingo 2021 ni bwo Bruce Melodie yakoze igitaramo cy’amateka kuri we aho yizihije imyaka 10 ari muri muzika. Ni igitaramo cy'imbaturamugabo cyabereye mu nyubako isanzwe iberamo imyidagaduro ya Kigali Arena iherereye i Remera.



Muri iki gitaramo cyitabiriwe n’abantu benshi, Bruce Melodie agaragiwe n’abahanzi batandukanye barimo abafite amazina mu muziki w’u Rwanda ndetse n’abakizamuka bafite igikundiro.

Abitabiriye iki gitaramo batangiye kwinjira guhera saa Munani z'amanywa

Abahanzi bagaragajwe na Bruce Melodie ko bari buririmbe muri iki gitaramo ni Alyn Sano, Papa Cyangwe, Bulldogg, Mike Kayihura, Itorero Inganzo Ngari, Christopher, Niyo Bosco na Riderman. N'ubwo kitabiriwe cyane, ariko ubona ko mu myanya y’abanyacyubahiro abantu bakiri bacye mu bwitabire.

Abantu mu bwitabire bari kwiyongera

Papa Cyangwe mu bahanzi baririmbye mu ba mbere


Inganzo Ngari babanje ku rubyiniro


Bruce Melodie hafi no kuzuza Kigali Areana.


Holly Graphics Design imwe muri kompanyi ikora Printing na branding mu bateye inkunga igitaramo cya Bruce Melodie










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND