RFL
Kigali

AS Kigali yashimangiye ko ariyo mwami w’umujyi nyuma yo kunyagira Kiyovu mu mukino Haruna yigaragajemo

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:2/11/2021 18:33
0


Umukino w’abakeba bo mu mujyi wa Kigali wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa kabiri, warangiye AS Kigali ikomeje kwicara ku ntebe y’ubuyobozi bw’umujyi, inashimangira umwanya wa mbere muri shampiyona nyuma yo kunyagira Kiyovu Sport ibitego 4-0.



Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 02 Ugushyingo 2021, Primus National League yari yakomeje hakinwa imikino y’umunsi wa kabiri, yarangiye Kiyovu Sport ihawe isomo rya ruhago ndetse inahabwa ubutumwa ko umujyi wa Kigali uyobowe na AS Kigali nyuma yo gutsindwa ibitego 4-0.

Nyamara Kiyovu Sport yari yatangiye ica amarenga ko ishobora kuza kwitwara neza muri uyu mukino aho mu minota itatu ya mbere rutahizamu Emmanuel Okwi yabonyemo uburyo bubiri bwo gufungura amazamu ariko ntibyamukundira.

Guhera ubwo AS Kigali yahise icurika ikibuga ndetse inakosora byihuse amakosa yari akozwe na Kiyovu Sport, aho ku munota wa 6’ Aboubakar Lawal yakaragiye umupira Haruna Niyonzima wahise atera ishoti riremereye afungura amazamu, atsindira AS Kigali igitego cya mbere.

Nyuma y’iminota ibiri gusa, Haruna yasunikiye umupira Dennis Rukundo wari wacunze uko umunyezamu Kimenyi Yves ahagaze, atsinda igitego cya kabiri, wavuga ko ari amakosa ya Kimenyi wari wasohotse cyane agata izamu.

Mu gihe Kiyovu yibazaga ibiyibayeho mu minota umunani gusa, inagerageza gukosora kugira ngo igaruke mu mukino, Ishimwe Christian yazamuye umupira n’ukuguru kw’imoso awutereka ku mutwe wa Lawal wahise atsinda igitego cya gatatu cya AS Kigali ku munota wa 16.

Imibare yahise ibana myinshi umutoza Haringingo Francis wa Kiyovu Sport kuko ikipe ye yari imaze gutsindwa ibitego byinshi kandi hakiri kare.

Ku munota wa 22’ Mugheni Fabrice wakinaga mu kibuga hagati muri AS Kigali yagize ikibazo cy’imvune mu ivi, asimburwa na Niyibizi Ramadhan wanigaragaje mu minota yari isigaye y’umukino.

Kiyovu Sport yagerageje gukina neza yubaka kugira ngo irebe ko yakwishyura ibitego yatsinzwe ariko ntibiyikundire.

Ku munota wa 31 Ntwari Fiacre wari mu izamu rya AS Kigali yarokoye iyi kipe ku mupira wazamukanwe neza na Okwi awuhindurira mwenewabo Muzamiru Mutyaba, awuteye mu Nguni Fiacre awukuramo.

Aba bagande bakomeje kotsa igitutu ubwugarizi bwa AS Kigali ariko iminota 45 y’igice cya mbere irangira nta gitego babonye ahubwo binjijwe 3.

Kiyovu yatangiye igice cya kabiri isatira, ikoresha impande zayo cyane, ihiga uburyo bwose yabona igitego ariko ibyo bagerageje byose birabangira, ntihagira ikivamo.

Kimenyi Yves wagaragaje urwego ruri hasi n’amakosa menshi muri uyu mukino, yongeye gukora ikosa ryatanze igitego ku munota wa 84’ ubwo yatangaga cadeaux kuri Niyibizi Ramadhan watsinze igitego cya kane cya AS Kigali, cyashyize akadomo ku cyizere cy’abafana ba Kiyovu cyo kwishyura ibitego batsinzwe n’ubwo n’ubundi byari bigoye ko babikora.

Sugira Ernest winjiye mu kibuga asimbura yagerageje amahirwe y’igitego cya gatanu umukino ugana ku musozo, ariko ishoti rikomeye yateye rigarurwa n’igiti cy’izamu.

Iminota 90 y’umukino yarangiye AS Kigali yegukanye amanota atatu itsinze mukeba wayo Kiyovu Sport ibitego 4-0, inicara ku mwanya wa mbere muri shampiyona igeze ku munsi wa kabiri, aho ifite amanota 6/6.

Ku munsi wa gatatu wa Primus National League uzakinwa nyuma y’umwiherero w’ikipe y’igihugu, AS Kigali izakina na Gorilla FC, mu gihe Kiyovu Sport izakina na Police FC.

Mu yindi mikino yabaye, Mukura yanganyije na Gasogi United 1-1 mu karere ka Huye, mu gihe Gorilla yanganyije na Marines FC 1-1.

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Gatatu;

Rutsiro FC vs Rayon Sports

Police FC vs Espoir FC

Gicumbi FC vs Etoile de l’EST

Bugesera FC vs Etincelles

APR FC vs Musanze FC


AS Kigali yanyagiye Kiyovu Sport 4-0 mu mukino w'abakeba b'i Kigali





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND