RFL
Kigali

Ihuriro ry’abanditsi ba filime ryashimye Mutiganda wa Nkunda wahesheje ishema u Rwanda muri FESPACO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/11/2021 14:28
0


Ihuriro ry’ Abanditsi ba filime mu Rwanda RSU [Rwanda Screenwriters Union] ryashimiye umunyamuryango waryo, Mutiganda wa Nkunda wahesheje ishema u Rwanda mu iserukiramuco Mpuzamahanga rya filime, Festival Panafricain du cinéma et de la télévision de Ouagadougou (FESPACO).



Iri serukiramuco ryabereye mu Mujyi wa Ouagadougou mu gihugu cya Burkina Faso mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 23 Ukwakira 2021.

Abanyarwanda batatu ni bo bahesheje ishema u Rwanda muri Fespaco. Barimo Mutiganda wa Nkunda ufite filime ‘Nameless’ yahize izindi mu cyiciro cy'inyandiko nziza ya filime ndende.

Hari kandi Alliah Fafin watsinze ku bwa filime ye "Amani" yahize izindi mu cyiciro cya filime ngufi, aho yegukanye umwanya wa kabiri ndetse na Kantarama Gahigiri, aho filime ye "Ethereality" yahize izindi mu cyiciro cya filime mpamo ngufi. Uko ari batatu baherutse gushimwa n’Inteko y’Umuco.

Ku wa Gatandatu tariki 30 Ukwakira 2021, abanyamuryango b’ihuriro ry’abanditsi ba filime mu Rwanda bahuriye mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, kuri ‘Film Residency’ Joel Karekezi bashima byihariye Mutiganda wa Nkunga.

Iki gikorwa iri huriro cyariteguye mu rwego rwo gushimira no kwifatanya n’uyu musore Mutiganda wa Nkunda kwishimira igihembo yegukanye cya filime ifite inkuru nziza (Best script) mu cyiciro ‘Feature Film Competition’ acyesha filime ye yise ‘Nameless’.

Muri uyu muhango, Mutiganda yerekanye kandi anashimira imbere y’iri huriro itsinda ryamufashije kugira ngo iyi filime igere ku rwego rwo gutsindira igihembo nk’iki.

Iyi filime irimo abakinnyi nka Yves Kijyana na Colombe Mukeshimana. Yaboneyeho n'umwanya wo gusobanurira abari aho inzira igoye yanyuzemo ngo iyi filime ikorwe irangire.

Umuyobozi w’iri huriro, Niyomwungeri Aaron yashimiye Mutiganda wa Nkunda, by’umwihariko ku rugendo rutoroshye yakoze ngo agere kuri uru rwego, ashimira abanyamuryango b’iri huriro bakomeje kurihagararira neza ndetse bagahagararira neza igihugu muri rusange.

Uyu muyobozi yakomeje ashishikariza abanditsi gukomeza gukora inkuru zabo neza kandi bakazijyana mu maserukiramuco ya sinema hirya no hino.

Yabibukije ko mu 2019, umunyarwanda Joël Karekezi ko yegukanye igihembo kiruta ibindi muri iri serukiramuco abicyesha filime ye yise “Mercy of Jungle” mu birori byanitabiriwe na Perezida Paul Kagame.

Icyo gihe u Rwanda rwahawe umwihariko nk’igihugu cyari umushyitsi w’imena muri iri serukiramuco.

Iki gihembo kiruta ibindi muri iri serukiramuco cya Étalon de Yennenga Karekezi yatwaye muri 2019 uyu mwaka wa 2021 cyahawe Khadar Ahmed wo muri Somalia, abicyesha filime yise ‘The Gravedigger’s Wife’ yanditse akanayobora.

Niyomwungeri kandi yatangije ikitwa umuganda mu banditsi mu gufashanya kugenzura ikorwa rya filime ku buryo mu 2023 ‘hazaboneka filime zihagararira u Rwanda muri FESPACO’.

Fespaco ni iserukiramuro rikomeye kurenza andi maserukiramuco abera ku Mugabane wa Afurika, ribera mu Mujyi wa Ouagadougou muri Burkina Faso buri myaka ibiri kuva mu 1972.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’ Abanditsi ba filime mu Rwanda RSU [Rwanda Screenwriters Union], Aaron Niyomwungeri [wambaye ishati yerurutse] yashimye Mutiganda wa Nkunda wacanye umuco muri FESPACO



Umuhango wo gushimira Mutiganda wa Nkunda wabereye muri ‘Film Residency’ ya Joel Karekezi i Rwamagana

Filime ‘Nameless’ ya Mutiganda wa Nkunda yahize izindi mu cyiciro cy'inyandiko nziza ya filime ndende


Filime "Ethereality" ya Kantarama yahize izindi mu cyiciro cya filime mpamo ngufi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND