Umuzamu Dukuzeyezu Pascal yasubiye mu ikipe ya Rutsiro FC nyuma y'aho bari babanje kunanirwa kumvikana.
Nyuma
y'umwaka Dukuzeyezu Pascal yari amaze mu ikipe ya Rutsiro FC, kongera amasezerano
byaje kwanga bapfa amafaranga aho ubuyobozi bwa Rutsiro FC bwabwiraga uyu
musore ko bafite amafaranga macye ndetse byatumye Pascal yigarukira muri Kigali
gushakisha andi makipe yakomerezamo.
Rutsiro
FC nayo ibonye gukomezanya na Dukuzeyezu Pascal bizayigora, yahisemo kwerekeza
muri Congo izana umuzamu witwa Tresor wafatwaga nk'umusimbura wa Pascal. Ubwo
isoko ryendaga gushyirwaho akadomo ubuyobozi bwa Rutsiro FC bwongeye kuvugisha
Pascal bamusaba ko bamushyira ku rutonde ruzatangwa muri FERWAFA ubundi
bakumvikana akagaruka gukina.
Kuri
ubu Dukuzeyezu Pascal yamaze gusubira muri Rutsiro FC aho yasinye amasezerano
y'imyaka ibiri akinira iyi kipe ndetse yiteguye kongera guhanganira umwanya no
gufasha ikipe kugaruka mu myaka myiza. Rutsiro FC yasinyishije bwa mbere
Dukuzeyezu Pascal imukuye muri Heroes FC nayo yari imanutse mu cyiciro cya
Kabiri.
TANGA IGITECYEREZO