RFL
Kigali

Ndimbati akoze agashya mu birori bya ‘Bianca Fashion Hub’, Papa Cyangwe azana umukobwa wambaye agakingirizo-AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:23/10/2021 19:50
5


Ibirori byose bigira udushya, mu birori bya ‘Bianca Fashion Hub’ byitabiriwe ku bwinshi muri Onomo Hotel byabaye kuri uyu munsi Tariki 23 Ukwakira 2021, abantu batandukanye bahanyuranye umucyo bigeze kuri Ndimbati biba urwenya.



Buri wese watambutse kuri Red Carpet, yari yifitiye icyizere cyo guhigika abandi, mu bahungu n’abakobwa bari baberewe. Ndimbati usanzwe umenyerewe muri Filime Nyarwanda, yaje muri ibi birori bya ‘’Bianca Fashion Hub’ biri buhembe abantu 2 bari buhige abandi (umuhungu n’u mukobwa) yambaye bidasanzwe aho yaje yambaye ikositimu isekeje cyane ifite ukuguru kumwe.


Papa Cyangwe yaje yambaye bitangaje ariko umukobwa bari kumwe yari yambaye iherena rikoze mu gakingirizo. Ubwo banyuraga kuri Red Carpet, umushyushyarugamba Buryohe wayoboye ibi birori yamubajije byinshi, maze Papa Cyangwe asubiza ko yamwambitse agakingirizo nk’iherena ritangaje.


Ndimbati yakoze agashya muri ibi birori 

Bianca wateguye ibi birori nawe yaje mu mwambaro utangaje aba umuntu wavugishije abatari bake nko gutanga urugero rwiza mu kwambara imideli.


Umukobwa wari uri kumwe na Papa Cyangwe yari yambaye iherena ry'Agakingirizo



Bianca wateguye ibirori yari yabukereye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • komerusege hassan2 years ago
    Bimeze neza kbx
  • Ndagijimana Éric2 years ago
    Ico kirori cabereyehe? Mbega ndimbati KO mudaherutse gusohora film na papa sava mwarabihevy?
  • Niyonizeyemusa2 years ago
    Ibibintu nisawa kbs kd nibyiza
  • ORiane2 years ago
    Wwoouu😍😍😍😍😍
  • elienshimiyimana98@gmail.com2 years ago
    Byaribyiza kbx ndimbati aratangaje ndamwemera❤️❤️❤️🙏





Inyarwanda BACKGROUND