Kuva Covid-19 yagera mu Rwanda, Rayon Sports ni yo igiye kwinjiza abafana bwa mbere kuri sitade y'umupira w'amaguru.
Kuri
iki cyumweru tariki 24 Ukwakira 2021, kuri sitade Amahoro i Remera Rayon Sports
irigaragaza mu cyo yise Rayon Sports Day kizaba irimo ibikorwa bitandukanye
birimo kwerekana abakinnyi ikipe izakoresha mu mwaka w'imikino 2021, ndetse
n'imyenda bazambara.
Uyu
munsi kandi hazaba hari abahanzi bagomba gususurutsa abawitabiriye, muri abo
bahanzi harimo Queen Cha, Eric Senderi, Symphony, na Khalifan. Nyuma y'ibi byose
ku isaha ya Saa Cyenda z'amanywa Rayon Sports izakina umukino wa gicuti na Kiyovu
Sport basanzwe bahangana muri shampiyona.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko kugira ngo ubashe gukurikirana uyu munsi ndetse no kwinjira muri sitade, ugomba kuba warafashe inkingo zose za Covid-19, kuba ufite ibisubizo by'uko wipimishije Covid-19 mu masaha atarenze 72, ndetse umufana agomba kuza yambaye agapfukamunwa neza. Amafaranga yo kwinjira ku kibuga itike ya menshi ni ibihumbi makumyabiri (20,000 Frw). Harimo kandi amatike ya 15,000 Frw, mu ntebe z'imihondo bazishyura ibihumbi bitanu (5,000 Frw) naho ahasigaye hose ni ibihumbi bibiri (2,000 Frw).
Uko gahunda ihagaze
Abafana bari bakumbuye abakinnyi babo
TANGA IGITECYEREZO