RFL
Kigali

Kiyovu Sport ishaka igikombe cya shampiyona yaguze undi rutahizamu w'umugande

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:16/10/2021 14:06
1


Nyuma y’icyumweru kimwe Kiyovu Sport isinyishije kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Uganda, Emmanuel Okwi, biravugwa ko yamaze no gusinyisha rutahizamu Mzamiru Mtyaba wakiniraga ikipe ya Express yo muri Uganda, mu gukomeza ubusatirizi bw’iyi kipe ishaka igikombe cya shampiyona.



Kiyovu Sport ikomeje kwiyubaka ikora ibishoboka byose kugira ngo isohoze ibyo umuyobozi wayo yasezeranyije abafana atorerwa kuyobora iyi kipe, aho yabijeje igikombe n'ubwo umwaka wa mbere byanze, gusa uwa kabiri arashaka gusohoza amasezerano.

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sport buheruka gutangaza ko bwagiranye ibiganiro na Mzamiru, ariko nta kiragerwaho ku bijyanye no kuba yaza gukinira iyi kipe.

Amakuru umwe mu bari hafi y’iyi kipe yahaye Inyarwanda.com ni uko Mzamiru Mtyaba yamaze kugurwa na Kiyovu imukuye muri Express yagezemo muri Mutarama uyu mwaka, ndetse akaba yanamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu.

Mtyaba ategerejwe i Kigali mu cyumweru gitaha, aho azazana na Emma Okwi uheruka gusinya amasezerano y’umwaka umwe mu Rucaca.

Mtyaba akina ku myanya itandukanye mu gice cy’ubusatirizi, aho yakina nka nimero 10 cyangwa agakina nka nimero 8.Mzamiru yakiniye amakipe atandukanye yo muri Uganda arimo na KCCA.

Kiyovu Sport yasinyishije uyu rutahizamu, nyuma yo gusinyisha abakinnyi batandukanye barimo Emma Okwi, Fiston Nkinzingabo, Ishimwe Kevin n’umutoza Haringingo Francis, aho ifite intego y’igikombe cya shampiyona uyu mwaka, iheruka mu 1993.

Mtyaba Mzamiru azakinira Kiyovu Sport uyu mwaka w'imikino

Mzamiru agiye kujya afatanya na Emmanuel Okwi gushakira ibitego Kiyovu Sport





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwiteka theogene2 years ago
    Kiyovu izatwara igikombe





Inyarwanda BACKGROUND