RFL
Kigali

‘Inkono ihira igihe’-Kuva yatangira umuziki, Marina yasinye kontaro ya mbere yo kwamamaza-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:13/10/2021 21:01
0


‘Inkono ihira igihe’- Ni cyo gisubizo umuhanzikazi Marina yatanze nyuma y’uko asinye kontaro ye ya mbere yo kwamamaza, kuva yatangira urugendo rw’umuziki nk’umuhanzi ubarizwa mu inzu ifasha abahanzi mubya muzika ya The Mane.



Imyaka irenze ine Marina atangiye umuziki, dore ko yinjiye muri The Mane tariki 21 Ugushyingo 2017. Ni imyaka yaranzwe n’ibikorwa bifatika bishingiye ku muziki, anyuzamo anegukana ibihembo.

Uyu muhanzikazi yakunzwe mu ndirimbo zitandukanye, anaririmba mu bitaramo bitandukanye. Mu gihe cy’imyaka ine amaze akora umuziki, ntiyigeze ashyira umukono ku masezerano yo kwamamaza ibigo bitandukanye, cyangwa ibicuruzwa.

Ni ingingo ariko yari ihangayikishije abamufasha mu muziki, ku buryo umujyanama wa The Mane, Safi Eric, avuga ko ari kimwe mu byari bimuraje ishinga.

Marina yabwiye INYARWANDA ko azi neza ko ibikorwa bye bizwi, ariko atazi impamvu ibigo by’ubucuruzi bitamuganaga ngo bakorane mu bijyanye no kubamamariza.

Ati “Ntabwo mbizi, wenda ibyo twabibaza abashoramari kuko ndabizi neza ko mpagaze neza mu muziki. Ndakora cyane, nkoresha imbuga nkoranyambaga neza, ubwo twabibaza bo [Aravuga abashoramari].”

Uyu muhanzikazi ariko avuga ko n’ubwo byatinze kubona kontaro nk’iyi, ‘inkono ihira igihe’. Ati “Igihe ni iki. Gusa, hari kompanyi zagiye zinyegera bashaka kugira ngo dukorane, ariko bitewe n’amafaranga ari gutangwa n’agaciro umuntu aba afite cyangwa n’intego wihaye, ugasanga ntabwo bihuje nyine bikarangira tudakoranye.”

Marina yavuze ko afite icyizere cy’uko kontaro yasinye na Catchyz, izatuma n’abandi bashoramari bamugana. Avuga ko ashimishijwe no gukorana n’uru rubuga.

Ntihatangajwe amafaranga Marina yasinyiye na Catchz, gusa avuga ko ari amahitamo yabo, kandi ko amafaranga yahawe akwiriye.

Yavuze ko azifashisha imbuga nkoranyambaga mu kumenyekanisha ibikorwa by’uru rubuga, ndetse rimwe na rimwe Catchyz izajya igaragara mu mashusho y’indirimbo ze.

Amasezerano ya Marina arafunguye, kuko yemerewe kugirana amasezerano n’ikindi kigo n’ubwo yaba akiri gukorana na Catchyz. Ni amasezerano y’umwaka umwe, kandi ashobora kongerwa.

Asubiza ikibazo cy’umunyamakuru wa INYARWANDA, Umuyobozi Mukuru washinze urubuga Catchyz, Mohammad Hammad, yavuze ko batekereje kwifashisha Marina mu kwamamaza ibicuruzwa byabo ‘kubera ko ari umuhanzikazi ukunzwe kandi ugezweho mu Rwanda’.

Ati “Marina ni we muhanzikazi ugezweho. Rero kuri Catchz twashakaga umuntu ufite ubushobozi bwo kudufasha kugeza kure ibyo dukora. Akabwira abantu uko bagura, kandi bagakorana natwe n’ukuntu babasha kubona amafaranga. Niyo mpamvu rero twamuhisemo muri iyi gahunda. Marina ni we twari dukeneye.”

Catchyz ni urubuga nyarwanda rufasha mu kugura ibintu bitandukanye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

Umuhanzikazi Marina yashyize umukono ku masezerano yo kwamamaza urubuga Catchyz rucururiza kuri internet Umuyobozi Mukuru washinze urubuga Catchyz, Mohammad Hammad yavuze ko bahisemo Marina kubera ko ari umuhanzikazi ukunzwe kandi bitezeho kubafasha kumenyekanisha ibyo bakora
Marina witegura gusohora indirimbo nshya yakiriwe mu muryango w’abakorana n’urubuga rwa Catchyz 

Umujyanama wa The Mane, Safi Eric, yagenzuye ibikubiye mu masezerano Cathyz yagiranye na Marina

AMAFOTO: Kadaffi Pro








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND