RFL
Kigali

Ni iki kihishe inyuma y'isezera rya Neymar?

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:13/10/2021 15:42
0


Neymar Jr ni umwe mu bakinnyi beza Isi ifite kandi bakunzwe, ariko aherutse gutangaza ko nyuma y'igikombe cy'Isi cya 2022 azahaguruka ruhago.



Aganira ni ikinyamakuru DAZN Neymar Jr yavuze ko yumva atagifite imbaraga zo mu mutwe zatuma akomeza gukina. Yagize ati" sinzi niba nkifite imbaraga z'imitekerereze kuburyo nakomeza gukina umupira w'amaguru. Ndatekereza ko igikombe cy'Isi cyo muri Qatar kizaba aricyo cya nyuma."


Thiago Silva wakinanye n'uyu musore muri PSG ndetse no mu ikipe y'igihugu ya Brazil, yagarutse kubyo uyu musore aherutse gutangaza ndetse avuga ko yahuye n'ibibazo byatuma asezera umupira akiri muto. Yagize ati" twese turabizi tuba turi ku gitutu gikomeye, ariko Neymar we yahuye n'ibibazo bikomeye ndetse byamwibasiraga nk'umuntu ku giti cye. Neymar yagiye atotezwa cyane kugera n’aho yibagirwa ibyo yakoze mu kibuga. Amakipe yose yagiye akinira wasangaga abafana ariwe bishyuzwa intsinzi kandi atayibona bakamwinuba byanatumaga mu mutwe hivanga."


Thiago Silva avuga ko muri Brazil byari bigoye. Yagize ati" mu ikipe y'igihugu yacu Neymar aba asabwa intsinzi kandi kenshi reba nko ku mukino wa Colombia twanganyije, n'ubundi Neymar Jr yari igipimo kuri uyu mukino. Neymar Jr bamutoteza ku giti cye atari ibyo yakoze mu kibuga, ahubwo hanze yabyo. Burigiye atotezwa kubera n'ibintu atagira icyo ahinduraho arinayo mpamvu icyemezo cye nacyumva. Gusa twizereko atatakaje ibyishimo bye tuzongera tukamubona mu bihe byiza."


Mu gihe Neymar Jr yaba asezeye kuri Ruhago umwaka utaha yaba ari umwe mu bakinnyi basezeye ruhago bakiri bato atari ikibazo cy'imvune kuko yaba afite imyaka 31.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND