RFL
Kigali

Abanyempano 70 bagiye kwiga mu ishuri ryigisha muzika ryahoze ryitwa Nyundo Music School

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:13/10/2021 14:40
0


Abanyeshuri 70 ni bo batoranyijwe mu gihugu hose kujya kwiga umuziki mu ishuri ryigisha muzika ‘Rwanda School of Creative Arts and Music’ ryahoze ryitwa Nyundo Music School rikorera i Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo.



Kuva mu ntangiriro z’Ukwakira 2021, ubuyobozi bw’iri shuri bwifashishije Akanama Nkemurampaka kari kagizwe n’Umuyobozi w'Ishuri ryigisha muzika, Murigande Jacques, Igor Mabano, Ariel Wayz, Yves Nshimiyimana na Kamayiresi Erasme bemeza abanyempano 70 kujya kwiga muri iri shuri.

Hifashishijwe amarushanwa yabereye kuri Maison de Jeunes mu Mujyi wa Kigali, mu Nta y'Iburasirazuba, mu Ntara y'Uburengerazuba mu karere ka Rubavu kuri Vission Jeunesse Gisenyi, Musanze mu Ntara y'Amajyaruguru kuri MIPC Musanze ndetse no kuri IPRC Huye mu Ntara y'Amajyepfo.

Umunyeshuri ushaka kwiga muri iri shuri yasabwaga kuba arangije amasomo y’icyiciro rusange (Tronc Commun), kandi akaba ashaka kwiga mu ishami rya muzika mu cyiciro cyisumbuyeho.

Ikindi yasabwaga kwitwazwa ikimuranga hamwe na fotokopi y'indangamanota y'umwaka wa gatatu w'amashuri yisumbuye. Kandi akaba afite icyemezo ko yakoresheje ‘Rapid test’ yemeza ko atarwaye Covid-19 mu masaha 48 mbere y'irushanwa.

Nyuma yo kuzenguruka mu gihugu hose bashaka abajya kwiga muri iri shuri, Umuyobozi waryo, Murigande Jacques [Mighty Popo], yabwiye INYARWANDA ko 70 ari bo babashije gutsinda neza amarushanwa, bityo bakazatangira amasomo tariki 18 Ukwakira 2021.

Mu ishami rya muzika harimo abarangiza ari abacuranzi b’ingoma, abaririmbyi, abanditsi b’indirimbo n’ibindi.

Mighty Popo avuga ko hari abari batsinze ikizamini cyo kujya kwiga muri iri shuri ariko amanota y’ibizamini bya Leta asohotse agaragaza ko batsinzwe ‘Tronc commun’ bituma batemererwa kujya kwiga muri iri rushanwa rya muzika.

Uyu muyobozi yavuze ko mu Mujyi wa Kigali bahabonye ‘abanyeshuri beza’ bitandukanye n’impano bahabonaga mu myaka ishize.

Ati “Impano ntabwo ari nyinshi ariko abanyeshuri beza ni benshi. Bishatse kuvuga ko ushobora gufata umunyeshuri ufite impano nyinshi ukabibona rwose ko afite impano nyinshi, abo nibo twagiye tubona mu myaka ishize muri Kigali.”

“Ariko kuri iyi nshuro twabonye abanyeshuri dushobora kwigisha bafite ibihagije twaheraho. Bafite impano zigiye zirushanwa.”

Uyu muyobozi yasabye abagiye gutangira amasomo muri iri shuri kugira ikinyabupfura, bagasobanuza ibyo batumvise kandi bakajyana n’ibihe baharanira kwiyungura ubumenyi no kumvira ibyo abarimu babigisha, kuko umuziki uhora uhindagurika.

Umuyobozi w’Ishuri ryigisha umuziki, Murigande Jacques yavuze ko 70 ari bo batsinze irushanwa ribemerera kujya kwiga muzika







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND