Uwase Muyango ku isabukuru y’amavuko y’umugabo we bamaze ukwezi kumwe bibarutse imfura yabo, yamutakagije mu mitoma idasanzwe igaragaza ko yanyuzwe n’urukundo, amurata ubukaka n’ubushongore yemeza ko ari Rudasumbwa.
Nyampinga uberwa n’amafoto wo mu mwaka wa 2019
(Miss Photogenic 2019), Uwase Muyango uherutse kwibaruka imfura y’umuhungu
yabyaranye n’umugabo we Kimenyi Yves, yafashe umwanya urambuye arata umugabo we
amwifuriza umunsi mwiza w’amavuko mu mitoma.
Abinyujije kuri Instagram, Muyango yatatse ubukaka n’ubushongore
Kimenyi Yves mu butumwa burebure yatangiye agira ati: “Umunsi mwiza w’amavuko ku mubyeyi
mwiza w’umugabo mu isi yose, data, umugabo wanjye, inshuti magara, dusangira
byose, kandi byose kuri njye.”
Muyango abwira Kimenyi ko yumva atabona amagambo yo gusobanura urwo amukunda, byibuze ko wenda amurebye mu maso
yasobanukirwa n’ukuri agira ati:“Sinzi uko nabasha kubisobanura kuko kuri ubu
birarenze, nishimiye ko nabonye buri kimwe muri wowe, mu bihe byiza n’ibibi, ntabwo amagambo yabasha kubisobanura, ukwiye kundeba mu maso ndizera ko wabasha
kubona urwo ngukunda byibuze uko rungana.”
Maze ashima Imana yamuhaye umugisha ku isi, igitangaza ahamya ko azahorana, Muyango ati:“Nshima Imana kuba yarampaye umugabo mwiza w’igikundiro kandi n’umunyabwenge mu isi, nzi neza ko iteka uzahora uri igitangaza mu maso yanjye n’isoko y’ibyishimo ntashobora kureka igenda, kuva nabaho ni wowe w’ingenzi nagize mu buzima.”
Asobanura neza impamvu ituma ahamya ko Kimenyi
ari ingenzi kuri we agira ati:”Utuma nseka, umpa umunezero, urukundo, uzahora
uri igitangaza mu buzima bwanjye bwose, umuhungu w’igikundiro n’ubwiza, uri kandi
uzahora uri igikomangoma cy’ubuzima bwanjye, nkwifurije imigisha ituruka ku
Mana kuri uyu munsi wawe w’agatangaza no mu buzima usigaje bwose.”
Muyango asoza yifuriza umugabo we Kimenyi Yves
kuramba ngo azabashe kubona kwaguka kw’imbuto z’urukundo rwabo kugera kubisekuru
n’ibisekuruza ati: “Uzarambe maze ubashe kubona ubuvivure bwawe, kandi
nkwifurije kugira ibyiza byose wifuza mu buzima bwawe, ndagukunda mugabo
rudasumbwa n’igikundiro wanjye umunsi mwiza w’amavuko KM, Kimenyi Yves.”
Umuryango wa Uwase Muyango na Kimenyi Yves
ni umwe mu miryango y’ibyamamare igezweho mu Rwanda, aho usanga babwirana amagambo
y’urukundo ku karubanda batitaye k’ubyumva n’uko yabifata. Kuwa 29 Kanama 2021
nibwo Imana yabahaye umwana wabo wa mbere, w’umuhungu bise Kimenyi Miguel Yanis.
Ifoto y'umuryango ku munsi w'isabukuru y'amavuko ya Kimenyi Yves igaragaza ko bishimanye n'imfura yabo Kimenyi Miguel
Kimenyi Yves wizihije isabukuru y'amavuko akaba n'umugabo wa Uwase Muyango
Ubutumwa burebure bwa Uwase Muyango ataka uwo Imana yamugeneye, Kimenyi Yves
TANGA IGITECYEREZO