RFL
Kigali

Ibikubiye mu butumwa bwa Rafael York wakiniye Amavubi bwa mbere

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:12/10/2021 16:51
1


Rutahizamu Rafael York usanzwe akinira ikipe ya AFC Eskilstuna yo muri Suwede, nyuma yo kugaragara mu myenda y'ikipe y'igihugu Amavubi, yageneye ubutumwa abanyarwanda avuga ko aricyo gihe ngo batsinde.



Rafael York yatangiye guhamagarwa mu Mavubi ku mukino wa Mali na Kenya ariko kubera kubura ibyangombwa, ntiyabasha gukina iyi mikino yose n’ubwo yabaga ari ku kibuga. York w'imyaka 22, nyuma yo kubona ibyangombwa, yari mu bakinnyi bari bitezwe ku mikino ya Uganda aho yose yabanje mu kibuga ariko umukino ubanza akaza gusimbuzwa n'ubwo bitavuzweho rumwe n'abantu barebaga umukino, kuko bavugaga ko Mashami amakuyemo yari agishoboye.


Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Rafael York yagize icyo avuga ku mikino ibiri yakinnye ndetse yemeza ko aricyo gihe ngo Amavubi atsinde. Yagize ati: “Ni ibintu bibabaje kubera iyi mikino ibiri dutsinzwe, gusa umupira w'amaguru ntabwo buri gihe ari umunyakuri. Kuri ubu, nicyo gihe ngo twiminjiremo agafu ndetse dushake amanota atatu ya mbere ndetse n'ibindi bihe bizaza.”


York yakiniye Suwede y'abato 

Amavubi nyuma yo gutsindwa na Mali, akanganya na Kenya ndetse agatsindwa imikino ibiri na Uganda, mu kwezi gutaha bafite kuzakira Mali tariki 11, nyuma y'iminsi 3 bajye gusura Kenya bahite basoza imikino y'amatsinda.


York ubu ni umukinnyi w'Amavubi mu bihe biri imbere





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • izahorimfasha Jean de Dieu2 years ago
    Amavubi rwose ni equipe nziza ahubwo ntibacike intege bizakunda dutsinde kd twishime🙏





Inyarwanda BACKGROUND