RFL
Kigali

York Rafael wari utegerejwe n’imbaga y’Abanyarwanda yitwaye ate mu mukino we wa mbere mu Amavubi?

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:9/10/2021 15:38
0


Abanyarwanda batari bacye by’umwihariko abakunzi b’umupira w’amaguru, bari bategerezanyije igishyika kubona York Rafel mu kibuga yambaye umwambaro w’ikipe y’igihugu Amavubi nyuma yo kwemererwa na FIFA gukinira u Rwanda, umukino we wa mbere mu ikipe y'igihugu yitwaye ate? Ese ibyo yari yitezweho yarabikoze cyangwa yatengushye abafana?.



Ku wa Kane tariki ya 07 Ukwakira 2021, ni umunsi udasanzwe ndetse utazibagirana kuri York Rafael ukinira ikipe ya AFC Eskilstuna yo mu cyiciro cya kabiri muri Sweden, kuko ari bwo bwa mbere yambaye umwambaro w’Amavubi akina umukino mpuzamahanga.

Niwo mukino York Rafael yari akiniye u Rwanda nyuma y'uko FIFA imuhaye ibyangombwa bibimwemerera, nubwo utarangiye neza ku ruhande rw’ikipe y’igihugu y’u Rwanda.

Mu mikino we wa mbere, umutoza Mashami Vincent yamugiriye icyizere amubanza mu kibuga nyuma yo kugaragaza urwego rwiza mu myitozo, uyu mukinnyi yakinnye mu kibuga hagati ariko agakina ashakira imipira ubusatirizi bw’Amavubi.

Mu minota 52 York Rafael yakinnye ku mukino wa Uganda, benshi mu bari ku kibuga ndetse n’abarebeye uyu mukino kuri za televiziyo, bashimye cyane imikinire ye kuko ari umukinnyi wihuta, ucenga, ukinisha bagenzi be, uzi gutanga umupira neza kandi akanatera amashoti mu izamu.

Iminota 45 y’igice cya mbere yarangiye York afite amanota yose y’umukino kuko byibura buri mupira wageraga imbere y’izamu rya Uganda wamunyuragaho ndetse akawutanga neza, nk’imipira yahaye Kagere Meddie, Jacques Tuyisenge n’abandi, ariko gusoza igikorwa cya nyuma cyo gutsinda igitego bikananirana.

Umutoza Mashami Vincent yafashe umwanzuro wo kumukura mu kibuga ku munota wa 52, amusimbuza Manishimwe Djabel, icyemezo cyitashimishije abari bakurikiye uyu mukino kuko bahise bavuza induru.

Uko yagaragaye ku maso, ntabwo York Rafael yishimiye kuva mu kibuga kuko yumvaga agifite byinshi byo gukora kuri uwo mukino.

Abakurikiye iminota 52 York Rafael yakinnye ku mukino wa Uganda, bahamya neza ko u Rwanda rwabonye umukinnyi w’ingenzi kandi uzarufasha byinshi  muri ibi iyi minsi no mu bihe biri imbere.

York ari mu bakinnyi bajyanye n’Amavubi muri Uganda, aho bitegura umukino wo kwishyura uteganyijwe kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ukwakira 2021 ku kibuga St Mary’s Stadium iherereye Kitende.

York Rafael avuka kuri Nyina w’Umunyarwandakazi ndetse na Se ukomoka muri Angola. Uyu mukinnyi avuga ko yafashe umwanzuro wo gukinira u Rwanda kuko ari igihugu umubyeyi we akunda cyane akomokamo.

York Rafael yashimwe na benshi ku mikinire yagaragaje mu minota 52 yakinnye ku mukino wa Uganda

York Rafael yitezweho gutanga umusaruro iki gihe no mu gihe kizaza mu Amavubi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND