N’ubwo icyorezo cya Covid-19 gikomeje kugariza Isi, ibihugu bimwe na bimwe bikomeje gusubukura ibikorwa bihuza abantu ku buryo hari abatangiye kujya mu tubyiniro kumva umuziki uvangwa na'ba Dj, ibitaramo bitandukanye n’ibindi.
Igihe cya ‘Guma mu Rugo’ hamwe na
hamwe ku Isi cyahaye umwanya uhagije aba Dj bakora intonde (Playlist) z’indirimbo
zifite umudiho umwe, umuntu yakumva igihe kinini.
Aba Dj bagizweho ingaruka na Covid-19
nk’abandi. Akazi kabo kenshi bagakora mu bitaramo, utubyiniro n’ibindi bikorwa bihuriza
hamwe abantu bitari kuba mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya
Covid-19.
Dj Dizzo ubarizwa mu Bwongereza ari
mu banyarwanda bavanga umuziki (Dj) babarizwa mu mahanga, bari kwigaragaza muri
iki gihe bitewe na ‘mixtape’ amaze gushyira ku isoko n’ibindi bikorwa.
Uyu musore yatangiye ibyo kuvanga
imiziki mu 2015 ubwo yari afite imyaka 17 y’amavuko. Icyo gihe ariko nta
bikoresho n’ubumenyi yari afite kuri uyu mwuga.
Byamusabye kubanza gushaka ibikoresho
no gusoza amasomo y’ishuri kugira ngo yinjire mu kibuga azi ibyo agikora gukora.
Yatangiye akora ‘mixtape’ y’indirimbo
z’umuhanzikazi Ciney, ‘mixtape’ yakubiyeho indirimbo zitandukanye, harimo n’iyo
guha icyubahiro Jay Polly witabye Imana n’izindi.
Mu kiganiro na INYARWANDA, Dj Dizzo yagize ati “Iyi ‘mixtape’
nayikoze mu rwego rwo kunamira Jay Polly. Ni indirimbo zimara iminota irenga 30…
Ni indirimbo zampinduriye ubuzima ku bwanjye. Zatumye menya Jay Polly.”
Izi ‘mixtape’ avuga ko ibitekerezo bizitangwaho bimugaragariza ko ari mu murongo mwiza w’aba Dj biyemeje gususurutsa abantu binyuze mu muziki.
Uyu musore avuga ko ashyize imbere
gukora ‘mixtape’ z’indirimbo z’abahanzi Nyarwanda mu rwego rwo kugira uruhare
mu iterambere ry’umuziki w’u Rwanda.
Ati “N’ubu ndacyari gukora kandi
mfite icyizere cyo gukomeza guteza imbere umuziki w’u Rwanda ku Isi yose. Ubu
duhagaze neza, indirimbo zirarebwa ni ibintu ariko dukeneye gukomeza gutekereza
kure hashoboka.”
“Ndi kugerageza kugira ngo ndebe niba
hari icyo twakora gishya, cyaba kitarakozwe n’abandi ba Dj. Igihe icyo ari cyo
cyose ndi gushaka uko indirimbo Nyarwanda zamenyekana, ndashaka ko umuziki w’u
Rwanda ugera kuri rwa rwego rutaragerwaho.”
Yavuze ko ataratangira gucuranga mu
bitaramo by’abahanzi, ariko ko ari yo ntego afite mu buzima bwe.
Avuga ko umunsi umwe azategura
igitaramo imbona nkubone agahuza aba Dj batandukanye, agamije guteza imbere
umuziki w’u Rwanda.
Dj Dizzo yavuze ko arajwe ishinga no
guteza imbere umuziki w’u Rwanda
Dj Dizzo avuga ko yinjiye mu byo
kuvanga umuziki kubera ko yakuze akunda umuziki
Dizzo yakoze ‘mixtape’ y’indirimbo z’umuhanzikazi Ciney
TANGA IGITECYEREZO