Souleyman Sanogo ukomoka muriMali wari umaze iminsi mu igeragezwa muri Rayon Sports, nyuma yo kwigaragaza mu mikino ya gicuti akanakora neza ibizamini yahawe mu myitozo, byarangiye ahawe amasezerano y’imyaka ibiri, ndetse abanya-Maroc babiri bavuye muri Raja Cassablanca bakora imyitozo ya mbere muri iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda.
Kuru
uyu wa Kabiri tariki ya 28 Nzeri 2021, ni bwo Rayon Sports yatangaje ko rutahizamu
mpuzamahanga w’umunya-Mali, Souleyman Sanogo yasinyiye iyo kipe amasezerano y’imyaka
ibiri, nyuma yo gutsinda igeragezwa yari amazemo iminsi.
Sanogo yasinye amasezerano y’imyaka ibiri azakinira Rayon Sports, ndetse ahabwa nimero 9 azajya yambara. Uyu munya-Mali abaye umukinnyi wa kabiri wari mu igeragezwa, uhawe amasezerano muri Rayon Sports, nyuma ya rutahizamu w’umunya-Cameroun, Willy Onana nawe uherutse guhabwa amasezerano y’imyaka ibiri.
Kuri
uyu wa Kabiri kandi nibwo Abakinnyi babiri baje nk’intizanyo za Raja
Cassablanca batangiye imyitozo muri Rayon Sports, aho bagaragaye mu kibuga
bakorana n’abandi mu Nzove, mumyitozo yo mu gitondo.
Abakinnyi
2 bakomoka muri Maroc, Rharb Youssef na Ayoub Ait Lahssaine batijwe Rayon
Sports ku wa Gatandatu na Raja Casablanca yo muri Maroc bafitanye amasezerano
y’ubufatanye, batangiye imyitozo kuri uyu wa Kabiri.
Aba
bakinnyi bombi basinye amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon Sports.
Nyuma
yo kugera mu Rwanda ku Cyumweru, aba bakinnyi bombi bakoze imyitozo yabo ya
mbere muri Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri mu gitondo.
Rayon
Sports ikomeje kwitegura Shampiyona izatangira tariki ya 30 Ukwakira, ubu imaze
gukina imikino ibiri ya gicuti, aho yatsinze Musanze FC igitego 1-0 na AS
Muhanga ibitego 3-1 mu mpera z’icyumweru gishize.
Biteganyijwe
ko Rayon Sports izakina undi mukino wa gicuti na Gorilla FC ku wa Gatatu, ikazongera
kugaruka mu kibuga ikina na AS Kigali ku wa Gatandatu.
Souleyman Sanogo yasinyiye Rayon Sports amasezerano y'imyaka 2
Sanogo yahawe nimero 9 azajya yambara muri Rayon Sports
TANGA IGITECYEREZO