Umugabo ufite igitsina gito ari mu gahinda kuko bituma umugore we yikinishiriza ku mafoto y'abagabo bafite ibitsina binini

Utuntu nutundi - 29/09/2021 12:05 AM
Share:

Umwanditsi:

Umugabo ufite igitsina gito ari mu gahinda kuko bituma umugore we yikinishiriza ku mafoto y'abagabo bafite ibitsina binini

Burya Imana itanga uko ishatse, hari abagira ibice by'umubiri binini cyangwa bito. Hajya humvikana ingo zisenyuka kubera kutanyurwa n'ibitsina cyane by'abagabo bito cyangwa binini bikabije. Umugabo wo muri Uganda ari mu gahinda kenshi nyuma yaho yisanze afite igitsina gito bigatuma umugore we afata amafoto y'ibitsina binini by'abagabo.

Uyu mugabo utatangajwe amazina, GalaxyFm ivuga ko abana n'ikimwaro no kubura uburyo yihanangiriza umugore we kwikinisha kuko azi inkomko yabyo. Uyu mugabo avuga ko akunda umugore cyane nawe akamukunda ariko byagera mu buryo by'imibonano mpuzabitsina umugabo akibura bikarakaza umugore.

Umugabo yagize ati "Ndamukunda nawe arankunda cyane ariko ntabwo igitsina cyanjye kimunyura na gato. Arinubira ko ntacyo mumarira mu buriri ariko nanjye nzi neza ko ndi muto cyane ku buryo ntacyo ntashobora kumuhaza ku bijyanye n'akabariro". Natekerezaga ko ubuzima bwacu bwari bwiza ariko mu mezi make ashize asa nk'uwataye icyizere'.

Akomeza avuga ko bakundanye kuva mu mashuri yisumbuye baza kubana, ikimubabaza ni uburyo amufata ari kwikinisha areba amafoto y'abandi bagabo, ati "Terefone ye yuzuyemo amashusho y'abagabo bafite ibitsina binini kandi nasanze hari abo bajya baganira ko bazahura bakaryamana. Njyewe nabuze icyo namubwira kuko nzi neza ko ntacyo mumarira ariko nkagira impungenge ko azansiga".


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...