Abakinnyi b’ikipe ya Paris Saint Germain, bayobowe n’umunya-Brazil Neymar Jr, Klyan Mbappe, Sergio Ramos na Bukayo Saka ukinira Arsenal, bari mu bitabiriye umuhango wo kwita Izina abana b’Ingagi 24 baheruka kuvuka mu miryango y’inyamaswa ziba muri pariki y’Ibirunga iherereye mu majyaruguru y’u Rwanda.
Umuhango
wo kwita izina abana b’Ingagi wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, aho
wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo
cya COVID-19 ndetse ukaba watambukaga kuri televiziyo Rwanda imbonankubone,
ukaba ari umuhango wabaga ku nshuro ya 17.
Mu bitabiriye
uyu muhango, barimo ibyamamare mu mikino itandukanye, abayobozi b’imiryango
ikomeye ku Isi ndetse n’inzobere mu bijyanye n’ibidukikije n’urusobe
rw’ibinyabuzima.
Ku
ikubitiro mu bise amazina harimo Kapiteni wa Patriots Basketball Club, Arstide
Mugabe wise umwana w’ingagi ‘Inkomezi’.
Mu
cyiciro cya nyuma cy'abise amazina abana b’Ingagi ni abakinnyi b’ikipe yo mu
Bwongereza ya Arsenal n’aba Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, aya makipe
asanzwe afitanye n’u Rwanda amasezerano y’ubufatanye ashingiye ku kwamamaza
ubukerarugendo mu Rwanda binyuze muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’.
Bukayo
Saka ukinira Arsenal yise umwana w’ingagi ’Kura’, mu gihe Neymar, Kylian
Mbappe, Angel di Maria, Sergio Ramos na Marquinhos bakinira PSG bise abana
batatu ari bo ’Ingeri’, ’Nshongore’, na ’Mudasumbwa’.
Abise
amazina bose bahurije ku kuba atari bo bazabona bagize igihe cyo guhura amaso
ku maso n’aba bana b’ingagi bise.
Umuhango
wo kwita izina abana b’ingagi ni umwihariko w’u Rwanda. Watangijwe mu 2005 mu
rwego rwo kwerekana agaciro ingagi zifitiye igihugu ndetse no gushimira
abaturage baturiye Pariki y’Ibirunga, abita ku bayigana n’abavuzi bazo.
Mu
myaka 15 ishize, abana b’ingagi barenga 300 nibo bamaze kwitwa amazina muri uyu
muhango ngarukamwaka.
Bukayo Saka yise umwana w'ingagi 'KURA'
Abakinnyi ba PSG bari mu bise amazina abana b'Ingagi ku nshuro ya 17
TANGA IGITECYEREZO