Ndabizi ko ukunda umukunzi wawe cyane, ariko wabuze amagambo wakoresha ukabasha kumusobanura neza ndetse akaba yanagutandukanya n’abandi basore baziranye cyangwa bigeze bahura. Ahari umara umwanya wawe usoma ibitabo ngo ukuremo amagambo ariko byaranze. Uyu munsi INYARWANDA iragufasha.
Mbere na mbere, menya ko nta buryo bwiza bwo
kugaragazamo urukundo buhari, ntabwo rwose. Kwita ku muntu uko wabikora kose
ubikuye ku mutima bimubera ibirenze kuko biba bikozwe n’umuntu akunda. Umwanditsi
w’igitabo cyitwa ‘The 5 Love Languages’ witwa Gary Chapman yasobanuye uburyo
abakobwa bakira urukundo binyuze mu magambo babwirwa n’abo bakunda.
DORE IBINTU USHOBORA KUBWIRA UMUKUNZI WAWE
1. Sinshobora
guhagarika kugutekereza.
2. Uzahora
uri uwo nkunda.
3. Kuva
ku munsi wa mbere duhura, ubuzima bwanjye ntibwigeze buba uko nari
meze. Warampinduye wese, wanteretse ku isi nzima.
4. Nkunda
iyo ngusetsa.
5. Nkukunda
kurenza ibyiza byose bitatse isi, uri uwa mbere kuri njye.
6. Ni
wowe nzozi zanjye.
7. Ni
wowe ntereye ho, niyo mpamvu nshibuka buri munsi.
8. Uri
ururabo rwiza ruhora mu mutima wanjye.
9. Nzagukurikira
aho uzajya hose.
10. Iyo
turi kumwe buri kimwe kiba cyiza.
11. Nzagukunda
kugeza mpfuye
12. Iyo
turi kumwe nta kindi kibazo kibaho cyangeraho.
13. Ese
ubwo waba uzi neza ingano nkukunda? Ahari ntayo uzi.
14. Urukundo
ni rwiza ariko urwacu ni rwiza cyane.
15. Kubera
ko uri mu buzima bwanjye, ubu noneho nzi neza ko urukundo rw’ukuri rubaho
16. Unzanira
ibyiza gusa.
17. Twembi
tumeze nk’amashaza abiri ataratonorwa
18. Mbega
ukuntu uri mwiza!
19. Nkukunda
uyu munsi. Nzagukunda ejo. Kandi nzakomeza kugukunda na nyuma y’iyi minsi.
20. Ntabwo
nemeraga ko abakobwa nkawe babaho. Ni impamo ndi umunyamahirwe kuko nakwiboneye.
21. Kuri
njye, uri miseke igoroye, habe n'ikosa na rimwe rikurangwa ho.
22. Uzi
n'ikindi? Aho ubuzima bwatwerekeza hose, uzahora uri uwa mbere kuri njye.
23. Igihe
cyiza mu buzima bwanjye, ni cyo marana nawe
24. Iyo
abandi bantu bari kuvuga uburyo bateye imbere, bagaragaza uko bahiriwe, njye
ikintu kinza mu mutwe ni wowe.
25. Nkunda
kukubona useka, umeze neza wishimye. Uruku, nkunda kukubona unsekeraaa!
26. Ni
wowe wenyine ushobora kumpa ibi byiyumviro.
27. Ndagukumbuye
cyane urukundo.
28. Kuko
nakubonye rero, ntabwo uzigera umvaho nzagukunda mpaka.
29. Ni
wowe mukobwa mwiza nabonye ku isi yose.
30. Iyo
ndi kubara imigisha mfite, ni wowe uza ku mwanya wa mbere ku rutonde rwanjye.
31. Ungira
udasanzwe. Utuma mporana akanyamuneza
32. Ni
njye musore wa mbere wishimye mu bakiri bazima kubera ko nkwita uwanjye.
33. Iyo
turi kumwe, nta kindi kiba gihari.
34. Nta bindi
bintu bihura neza cyane, nkanjye na we.
35. Nzagukurikira
aho uzajya hose.
36. Nta wundi
muntu unyumva nkawe ni impamo.
37. Uzi, mu gitondo nakangutse njya hanze nitegereza ikirere. Ndavuga nti ‘Mana
warakose kurema iyi isi kuko wayishyizemo umuntu urema ibyishimo muri njye”.
38. Wowe
ushyire mu mutwe ko unyuzuza mu buryo bwawe kandi bwihariye. Wumve ko nta wundi
wabikora nkawe.
39. Wowe
ujya ubasha kumenya ibyo nshaka ntaranabivuga.
40. Ijwi
ryiza ku isi nkunda kumva ni ijwi ryawe.
41. Ntabwo
nkukundira uwo uri we gusa, ahubwo nkukundira n’uwo nabaye we, n’uwo mbawe iyo
turi kumwe.
42. Sinjya
nkurambirwa
43. Kukugira mu buzima bwanjye, binyemeza ko iteka mfite umuntu nzahora nishingikirijeho, kabone n’ubwo waba utari kumwe nanjye. Nzi neza ko inshuro imwe nguhamagaye
ihagije ngo tuvugane.
44. Uri
mwiza. Ese wanyemerera nkakugumana iteka?
45. Guca
mu buzima bugoye njye nawe, nibyo bidukomereza urukundo.
46. Nategereje
igihe kinini, kugira ngo mbone umuntu umeze nkawe.
47. Ni
wowe mugore nahoze nifuza.
48. Byose
byawe ndabikunda.
49. Mfite
gahunda ikomeye ku hazaza hacu no ku bwacu.
50. Abasore
benshi bashakisha ibyubahiro, abandi bagashakisha amafaranga, ariko uruku, icyo
njye nshaka n’uko wowe uhora iruhande rwanjye.
Niba ufite ikibazo
cyangwa inyunganizi kuri iyi nkuru twandikire ahatangirwa ibitekerezo cyangwa
unyure kuri Email yacu. info@inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO