RFL
Kigali

Ifoto y'umunsi: Perezida Kagame mu mwambaro wa gisirikare i Cabo Delgado ahabohojwe n'Ingabo z'u Rwanda

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:24/09/2021 15:30
2


Tariki 24 Nzeri 2021 ni bwo Perezida w’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame yageze muri Mozambique mu ruzinduko rw’iminsi ibiri nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Perezidansi.



Muri uru ruzinduko, Paul Kagame araganira n'ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri Mozambique kugarura amahoro mu gace ka Cabo Delgado kari karigaruriwe n'ibyihebe byari byarahateje umutekano mucye, bigahohotera abaturage bikanambura ubuzima bamwe mu baturage, ariko Ingabo z'u Rwanda (RDF) aho zihagereye zikaba zarirukanye ibyo byihebe muri ako gace, ubu umutekano ukaba ari wose.

Kohereza ingabo z'u Rwanda na Polisi mu Ntara ya Cabo Delgado mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Mozambique, ni igikorwa cyatanze umusaruro ugaragarira bose kuko zamaze kwigarurira ahari ibirindiro by'ibyo byihebe n'imijyi byari byarigaruriye. Perezida Paul Kagame uri kubarizwa muri Mozambike, ari kugaragara mu myenda ya gisirikare nk'uko ibiro bya Perezidansi byasohoye amafoto ye abyerekana.


Perezida Paul Kagame yagaragaye mu mwambaro wa Gisirikare mu ruzinduko arimo i Cabo Delgado






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nsengcloude123@gmail.com2 years ago
    🙏🏼 congratulations ntawagusimbura💪
  • habumugisha theo'gene2 years ago
    nibyiz koko kuba abaturage. ingabo zurwanda zabashubije mubyabo. turashima ingabo zurwanda ni zamuzmbique kubutwari bakoze.





Inyarwanda BACKGROUND