Perezida w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ , Bwana Nizeyimana Olivier Mugabo, yasabye Ikipe y'Igihugu y'abakobwa batarengeje imyaka 20, kuzihagararaho bagaharanira ishema ry’igihugu bagashaka intsinzi ku mukino bafitanye na Ethiopia kuri uyu wa Gatanu.
Kuri
uyu wa Kane tariki ya 23 Nzeri 2021, Perezida wa FERWAFA aherekejwe n’umuyobozi
muri Minisiteri ya Siporo, Guy Rurangayire, basuye ikipe y’igihugu y’abakobwa
batarengeje imyaka 20 yitegura umukino na Ethiopia kuri uyu wa Gatanu tariki ya
24 Nzeri 2021, mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizabera muri Costa Rica.
Mu butumwa
Nizeyimana Olivier yageneye ikipe y’igihugu, yabasabye kwitanga bagakoresha
imbaraga zabo zose, bagashaka itsinzi imbere ya Ethiopia. Uyu muyobozi kandi
yabijeje ko abanyarwanda bazaba babari inyuma muri uyu mukino, ndetse
babatezeho umusaruro mwiza.
Guy
Rurangayire, umuyobozi muri Minisiteri ya Siporo, yasabye abakinnyi gukotana
bagahesha ishema igihugu imbere ya Ethiopia.
Ikipe
y’Igihugu y’abangavu batarengeje imyaka 20, yakomeje mu cyiciro gikurikira nyuma
yo gusezerera Ikipe ya Sudani y’Epfo kuri mpaga, kuko iyo kipe yamenyesheje CAF
ko itazitabira ayo majonjora.
Umutoza
mukuru w’iyi kipe, Marie Grâce NYINAWUMUNTU, avuga ko ikipe yiteguye guhangana
na Ethiopia ndetse bakanashaka uburyo bayikuraho intsinzi.
Umukino
ubanza ugomba guhuza u Rwanda na Ethiopia uzabera I Kigali ku wa gatanu tariki
24 Nzeri 2021 kuri Stade ya Kigali, mu gihe umukino wo kwishyura uteganyijwe
tariki ya 9 Ukwakira 2021 muri Ethiopia.
FERWAFA na MINISPORTS basuye ikipe y'igihugu y'Abangavu batarengeje imyaka 20 mbere yo guhura na Ethiopia
Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasabye Abangavu b'u Rwanda batarengeje imyaka 20 kwitanga batizigamye ku mukino wa Ethiopia
TANGA IGITECYEREZO