RFL
Kigali

"Icyo tuzi ni uko dukundana, nta butinganyi burimo" - Ukuri ku bivugwa ku bakinnyi ba filime Cundibuno na Samingo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:22/09/2021 14:42
0


Cundibuno na Samingo bamaze kumenyekana cyane mu Karere ka Rubavu, bakaba bafatwa nk'abatinganyi bitewe n’imyitwarire bagaragaza iyo bari ahantu hahurira abantu benshi cyangwa bari mu kazi kabo gasanzwe bari gukina filime. Mu Kiganiro aba bombi bahaye INYARWANDA bavuze ko bakundana kandi ngo gutana kwabo biri kure nk’ukwezi.



Ubusanzwe ntabwo biba byoroshye kumva abantu babiri bemera ko bakora igikorwa cy’ubutinganyi. Akenshi usanga bigoye bigaterwa n’uko abantu bagira imyumvire itandukanye kuri icyo kintu by’umwihariko iyo bumvise ko runaka ari umutinganyi. Ibi byatumye twegera Samingo na Cundibuno kugira ngo baduhe neza impamvu y’ibibavugwaho ndetse banatange ishusho y’uko babona igikorwa cyo gutingana.

Samingo ufite umugabo, yatangiye asobanura uburyo yahuye na Cundibuno, avuga ko uko bahuye byahise bibagira inshuti zikomeye ndetse bikabazirikira hamwe, ku buryo ngo gutandukana bizagorana. Uyu mudamu w’umugabo yavuze ko abona Cundibuno bwa mbere, yamubonyemo impano ikomeye ituruka ku kuntu ateye.

Samingo yagize ati “Uyu mukobwa twahuye turi gukina filime, nkimukubita amaso nahise mukunda, maze tuza kuganira turahuza kugeza ubwo nyuma twaje gusanga turi hamwe. Uyu mukobwa Cundibuno ni umukobwa uteye neza ku buryo aramutse atwaye neza umubiri we, byamufasha kugera ku ndoto ze, zirimo no kuba yabona amafaranga na cyane ko gukina filime nabonaga abishoboye kandi anakina ku mwanya umwemerera kwigaragaza, muri filime twarimo dukina icyo gihe.

Cundibuno, aritonda acishamake muri rusange niyo umwe muri twe akoze ikosa tuzi gusaba imbabaza kandi tukababarirana, rero gutandukana kwanjye na Cundibuno byagorana mbese, ntibyanapfa gushoboka kuko turahuje”.

Ku ruhande rwa Cundibuno uturuka i Burasirazuba bw’u Rwanda, we yatangarije InyaRwanda.com ko imbere abona ari heza kandi ngo nawe yiyiziho gutera neza kandi ngo bijyanye no kuba akina filime.

Ku bijyanye no kuba ari abatinganyi, Cundibuno yavuze ko ababivuga ubwo bafite aho babikuye. Samingo amwunganira avuga ko nta mwanya bafite wo gutera inyoni bari mu magambo. Samingo ati: ”Erega ntabwo buri wese utuvuze twamusubiza kandi nta n'ubwo twabona uwo mwanya wo gukora ibintu byacu ngo tubone n’uwo kwiruka inyuma y’abavuga".

"Icyo tuzi ni uko dukundana kandi tukaba dukora ibintu bimwe, rero ibyo birahagije kandi ntabwo tuzatenguhana. Njye mfite umugabo rero urumva ibyo sinabiha umwanya ngo mbivuge nk’uko babivuga ariko ubwo bafite impamvu yabyo”.


Samingo na Cundabino ntabwo batana, akenshi ubonye umwe aba yabonye n’undi. Amafoto bifotoza n’uburyo bakunda gusohokana nabyo bivuga ibihabanye n’ibyo bavuga bigashyigikira imboni z’abababona, ariko ukuri kwabo kugahabwa umwanya kandi kukubahwa.

Ubusanwe SAMINGO ni umugore wihebeye gukina filime dore ko azwi muri filime zitandukanye zirimo n’izo yakinnye na Byakunuka Shelfu n'iyo yise ‘Kadubiri’ iri mu bwoko bwa Comedy yakinishijemo umwana we. Samingo ati: ”Hagati yanjye na Cundabuno nta butinganyi burimo, duhujwe n’akazi kuko njye ndubatse”.

REBA HANO KADUBIRI FILIME Y'URUHEREREKANE Y'URWENYA 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND