RFL
Kigali

Rubavu: Amazi y’ikiyaga niyo banywa bakayoga bakanayatekesha! Agahinda k'abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba-VIDEO

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:19/09/2021 22:06
0


INYARWANDA yasuye abaturage batuye mu Murenge wa Nyamyumba ho mu Karere ka Rubavu. Tugera muri uyu Murenge, Mu kagari ka Kiraga, abaturage twaganiriye bashimangiye ko kuba nta mazi meza bagira bituma bakoresha amazi y’ikiyaga cya Kivu, bikabaviramo ibibazo by’ubuzima birimo no kugwingira kw’abana babo nyamara barya neza.



Umuryango wa Ntacyobazimaza Jean Chrisostome twaganiriye, watangiye usobanura uburyo umwana wabo yashyizwe mu bagwingiye nyamara ngo agaburirwa neza. Ntacyobazimaza utuye mu Mudugudu wa Rambo, Mu kagari ka Kiraga, mu Murenge wa Nyamyumba ho mu Karere ka Rubavu, yasabye ko bahabwa amazi meza , bakareka kujya bakoresha amazi y’ikiyaga cya Kivu kandi gishyirwamo umwanda uturuka ku kuba cyogwamo kikanameserwamo.




Yagize ati: “Ubusanzwe bigeze batuzanira amazi ya ‘Mbona’ , ava mu bishanga, ariko ubu tumaze amezi atandatu ayo mazi tutayabona, kuko ahantu amatiyo yari yaranyujijwe Abashinwa bari kuhanyuza umuhanda, nta yindi mpamvu duhabwa muri ayo mezi atandatu tunywa amazi mabi, amatiyo barayasandaguje. N’ubwo ayo mazi twari tuyafite twarayavomaga kugira ngo tuyafurishe umwenda ucye byo nyine, kuko amazi y’ikiyaga ntabwo amesa umwenda ngo ucye.”

Reba hano ikiganiro InyaRwanda TV yagiranye n'abaturage bo mu Murenge wa Nyamyumba

Akomeza agira ati: “Muri iki Kiyaga rero, niho bogera , amazi avamo niyo tunywa, niyo tumesesha, niyo dutekesha,… ni ukuvuga ngo amazi ava muri iki kiyaga atukuza imisatsi y’abana, ugasanga umwana afite imisatsi yatukuye, imisaya irabyimba noneho wajya kumva ukumva ngo umwana yarwaye bwaki kandi atari uko yabuze imirire ahubwo ari ikibazo cy’aya mazi”.

 

Umufasha wa Ntacyobazimaza ,  Ntibarikure Marie Goreth, we yavuze ko umwana we yahuye n’ikibazo cyo kubyimba inda no kugira ibindi bimenyetso bya bwaki atari uko yabuze imirire, ahubwo ari uko bakoresha amazi mabi. Uyu mubyeyi yavuze ko urugendo bakora bajya kuvoma amazi meza ari runini kandi ngo bikaba byanabagora kubona amazi bakoresheje, bityo basaba ubuyobozi bw’uyu Murenge wa Nyamyumba kubaha amazi meza.


Nyuma yo kumenya aya makuru twashatse kuvugisha umuyobozi w’Umurenge wa Nyamyumba , ku muronko wa Telefoni , telefoni ye icamo rimwe ubundi atubwira ko ari mu nama , tuza kongera kugerageza nyuma ubundi icamo ntiyatwitaba, nyuma na none iza kuva kumurongo kugeza ubwo twasohoraga iyi nkuru, twari tutarabasha kumubona kuri telefoni ye ngendanwa.

Nyuma yo kubura umuyobozi w’Umurenge twavugishije umuyobozi w’Akagari ka Kiraga, mu kutwitaba atubwira ko ntacyo yabivugaho kuko ngo ikibazo bakigejeje ku rwego rw’Umurenge. Muri rusange abaturage bo muri aka kagari ka Kiraga mu Mudugudu wa Rambo bafite ikibazo cy’amazi kandi barasaba ko inzego zibishinzwe zabafasha kubona amazi agura amafaranga makumyabiri (20 FRW) (Ijerekani) hafi yabo, kugira ngo ubuzima bwabo bukomeze kugenda neza.

Iyi nkuru turacyayikurikirana kugeza tuvugishije abo bireba.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE N'ABATURAGE BAHAMYA KO BAKENEYE AMAZI MEZA

VIDEO: Kwizera Jean de Dieu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND