Manchester United itangiye urugendo rwa Champion League itsindwa na Young Boys ibitego bibiri kuri kimwe ndetse inahabwa ikarita itukura.
Urugendo
rwa Champions League Manchester United yarutangiriye mu Busuwisi aho yari
yasuye Young Boys ariko itaha uko yaje nyuma yo gutsindwa ibitego 2-1. Manchester
United niyo yafunguye amazamu ku munota wa 13 igitego cyatsinzwe na Cristiano
Ronaldo ahawe umupira na Bruno Fernandes.
Abakinnyi
babanje mu kibuga: Manchester United; De Gea, Wan-Bissaka,
Maguire, Lindelof, Shaw, Fred, Van de Beek, Fernandes, Pogba, Sancho, Ronaldo.
Young Boys; von Ballmoos; Hefti, Camara, Lauper, Garcia; Sierro, Martins;
Fassnacht, Aebischer, Ngamaleu; Elia.
Ku
munota wa 35 Aaron Wan-Bissakayaje guhabwa ikarita itukura ku ikosa yari
akoreye umukinnyi wa Young Boys. Ku munota wa 37, Manchester United yakoze
impinduka, Jason Sancho ava mukibuga hinjira Diogo Dalot, ndetse igice cya
mbere kirangira ari igitego kimwe ku busa bwa Young Boys.
Ronaldp yongeye kwandikisha
Igice
cya Kabiri kigitangira, Manchester United yongeye ikora impinduka, Donny van de
Beek yavuye mu kibuga asimbuye na Raphael Varane, na Young Boys Vincent Sierro
ava mu kibuga asimburwa na Theoson Jordan Siebatcheu. Ku munota wa 66 Nicolas
yaje kubonera igitego Young Boys ku mupira yari ahawe na Silvan Hefti.
Ku
munota wa 72 Cristiano Ronaldo yavuye mu kibuga asimbuwe na Jesse Lingard
ndetse na Bruno Fernandes asimburwa na Nemanja Matic. Amakipe yombi yagumye
kunganya kugeza ku munota wa 90 ndetse Umusifuzi yongeraho iminota 5 y'inyongera ku munota wa 5
Theoson Jordan aza kubona igitego cya kabiri kubera umupira Jesse Lingard
yatanze nabi yisanga umuzamu asigaranye na Theoson Jordan.
Young Boys itsinze Manchester united
Igitego
Cristiano Ronaldo yatsinze cyahise kiba igitego cya 135 muri Champions League
ndetse kiba igitego cya 16 cya Champions League muri Manchester United.
TANGA IGITECYEREZO