Umunya- Senegal Demba Ba w'imyaka 36 yasezeye ku mupira w'amaguru nyuma y'imyaka 16 akinira amakipe atandukanye.
Kuri
uyu mugoroba tariki 13 Nzeri, nibwo Demba Ba yatangaje ko urugendo rwe mu mupira
w'amaguru rugeze ku iherezo, ndetse ashimira abo babanye bose mu bihe
yanyuzemo.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter, yagize ati: "Ndashaka
gushimira buri umwe wese wamfashije muri uru rugendo rw'igitangaza". Yongeyeho ati: "Ndashimira
amakipe yose, abatoza bose bampaye amahirwe, abafana twabanye mu bihe byiza
ubwo nari ndi mu kibuga, umuryango, inshuti zanjye zose, mbikuye ku mutima
ndabashimiye kandi icyubahiro kibe icy'Imana."
Dembe ba yamenyekaniye muri Newcastle
Demba Ba ni umusore wavukiye mu Bufaransa mu gace ka Sèvres, akura abana na mama we gusa. Ubwo yari muto, yatangiye kujya akina umupira mu bana bagenzi be, aho yagaragazaga ubuhanga bitewe n'igikuriro yari afite. Mu 2005 nibwo Ba yakinnye umukino we wa mbere nk'umukinnyi wabigize umwuga, ubwo yakinaga mu ikipe ya Rouen. Nyuma yaho yaje kwerekeza mu ikipe ya Mouscron ahava ajya mu Budage mu ikipe ya Hoffenheim 1899, aha byari mu 2007.
Demba Ba yerekeje mu Bwongereza mu 2011, ari naho yagiriye ibihe byiza bitazibagirana. Ba yururutse mu Bwongereza agomba kuba umukinnyi wa West Ham, ayikinira imikino 12 gusa, West Ham uyu mwaka yaje kumanuka mu kiciro cya kabiri bituma uyu musore yerekeza muri Newcastle yakiniye imyaka igera kuri 2. Mu 2013 nibwo yerekeje mu ikipe ya Chelsea nyuma yo kwitwara neza, ndetse amaze kumenyera shampiyona y'u Bwongereza. Demba Ba yahamagawe mu ikipe y'igihugu ya Senegal mu 2007, ndetse ajyana n'iyi kipe mu mikino y'igikombe cya Afurika mu 2012, aza gusezera muri iyi kipe mu 2015.
Ba mu ikipe y'igihugu
Demba
Ba ni umusiramu usenga, ndetse waranzwe no kubahiriza ibikorwa by'idini no mu
gihe kigoye. Mu 2013, we, Papiss Cisse,
Hatem Ben Arfa na Cheick Tiote bigeze kwanga kwambara imyenda yariho
umuterankunga utanga inzu z'ubukode ariko zikungukira menshi, kandi amahame
y'idini atabyemera. Uyu mukinnyi mu mateka ye, igitego cyose yatsindaga yagomba
guhita asenga no kwambaza Imana.
Uyu
musore hari byinshi azibukirwaho nk'ibihe yagiriye mu ikipe ya Newcastle, ubwo
yayikiniraga imikino igera kuri 54 atsindamo ibitego 29. Icyo gihe, Ba yari
afatanyije na Papiss Cisse, bose bavaga mu gihugu kimwe. Ikindi kitazibagirana
kuri uyu musore, ni umukino Chelsea yahuyemo na Liverpool ubwo Liverpool yari
ifite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe cya Shampiyona, ndetse yari iyoboye
n'urutonde.
Cisse na Demba Ba
Icyo
gihe umutoza wa Liverpool Brendan Rodgers yari yarubatse ubusatirizi bukomeye
burimo Luis Suarez, Daniel Sturbridge na Raheem Sterling. Liverpool yari
iyoboye urutonde rwa shampiyona, ndetse ifite ikizere cyo kwegukana igikombe cya
24 ariko kiyicika ikireba. Hari hasigaye imikino 3 gusa kugira ngo Shampiyona
irangire, Liverpool yari imaze imikino 11 idatsindwa, ndetse irusha amanota 5
ikipe ya Chelsea bari bagiye guhura. Kunganya cyangwa gutsinda ntacyo byari
bitwaye kuri iyi kipe yambara umutuku n'umweru. Umukino wageze mu minota y’inyongera amakipe akinganya, gusa byabaye ijoro ribi kuri Steven Gerrard
wananiwe gufunga umupira yari ahawe na Mamadou Sakho, birangira Demba Ba
awufashe ndetse atsinda igitego cyashyize iherezo ku kizere cya Liverpool.
Imyaka
itanu irashize Demba Ba agize ikibazo cy'imvune yatumye igufa ry’akaguru
ricikamo kabiri, ndetse abenshi babonaga ko atazongera gusubira mu mupira
w'amaguru, ariko nyuma yaje kongera gukina. Ba wari umukinnyi wa Shanghai
Shenhua, yagize imvune yaje kuvurwa ndetse agaruka mu kibuga bisanzwe dore ko
arinze asezera ruhago iyi mvune itagarutse.
Imvune ya Demba ba
Demba
Ba asezeye kuri ruhago yari umukinnyi wa FC Lugano yo mu Busuwisi, akaba
yarayigezemo avuye muri Istanbul Basaksehir yo muri Turkey. Mu mikino 386
yakiniye amakipe yanyuzemo yose, yatsinze ibitego 181, akinira Senegal imikino
22 atsindamo ibitego bitatu gusa.
Demba Ba yaranzwe no kwanga ironda ruhu.
TANGA IGITECYEREZO