Iga uko wahangana n’ibintu byakugize imbata

- 14/09/2021 7:50 AM
Share:
Iga uko wahangana n’ibintu byakugize imbata

Kugirwa imbata ubundi ni iki? Kugirwa imbata ni intekerezo zikuza mu mutwe zikakubeshya, zikakwemeza ko hari ikintu udafite ukeneye kubona. Buri kiremwamuntu kigira ayo majwi. Amwe arababaza andi akaba ari ntacyo atwaye. Uyu munsi turarebera hamwe uko wahangana n’ibyo ubona ko byakugize imbata.

Ubusanzwe, umuntu akwiriye guhitamo ibintu afata yitonze kuko bimwe muri byo, byitwara nk’uburozi. Abahanga bo baravuga ngo “Ukwiriye guhitamo uburozi ufata wigengesereye ". Inzoga ni ikinyobwa kivanze neza, gifasha mu gutuza, gihuza imiryango n’inshuti ariko  bitari kera hari ubwo uzasanga warabaye imbata yacyo.

Kuba imbata y’ikintu runaka byanga bikunze, birangirira mu marira. Ushyiramo imbaraga ukacyihata, ariko ni nko kwiyica ureba. Ikintu cyakugize imbata, kibwira abantu bakwegereye kiti: “Mwimukiza, arashaka kwiyica ". Ibi nibyo akenshi bituma abantu bakuri iruhande, bakwitegereza gusa bakigendera. Niba wikunda rero, amarira yawe yazigamire ubutaha wirinde icyo kukuriza uyu munsi.

Hari abantu benshi bagizwe imbata na Murandasi (Imbuga nkoranyambaga). Imbuga nkorayambaga, ni kimwe mu bintu bimaze kwemezwa nk’ikiyobya intekerezo cyane, kikanazivangavanga ku rwego rwo hejuru. Niba waragizwe imbata na Murandasi, uragirwa inama yo gushaka muganga cyangwa umujyanama.

Dore ikizakwereka ko uri kuba imbata ya Murandasi: Akenshi uzumva utabaho udafite interineti, nuba ntayo ufite , uzajya utega cyangwa ukore akagendo gato ujye aho urasanga interineti rusange (Free WIFI) y’ubuntu. Iteka uzajya wisanga amaso yawe atava muri telefoni yawe.

Uzisanga uri mu kibuga cy’inshuti utazi n’aho zitaha, abantu basaga ibihumbi 5, ariko uziranye na bake, batarenze n’icumi. Aha ni naho hava ukubabara kwawe, murakundana ejo akigendera kuko mwahuriye ahantu hatizewe. Kuri murandasi uhahurira n’umuntu mukanahatandukanira.

Hari ubwo abantu baba imbata yo gukunda abo batazi. Uwo wabonanye imyambaro y’igiciro ukumva ko ari we ugiye kuba iruhande rwawe, ukumva ko ari we ugiye kugufasha gukira ibikomere, nyamara ukuri guhari ni uko nawe utazi inzira ushaka kunyura wagizwe imbata n’amasura.

Umwe mubo twaganiriye kuri iki kintu yaramwbiye ati: “Njye umugore wanjye yaransize kubera kuba imbata. Nabaye imbata y’inzoga n’itabi, ndagenda mba undi muntu, kuburyo kuribura mu rugo byabaga nk’ikigeragezo, ugasanga akenshi mbayeho nabi kandi ntacyo mbuze ".

Ati: “Naricaye nsanga ari amakosa ndigukora, nyuma mpura n’inshuti zanjye zirampanura ndazumvira, ntekereza gufata ibinini byo kunkura kuri iyo ngoyi narimo nsanga nabyo bishobora kunyica, ndangije nisezeranya kwiyitaho ".

Yakomeje agira ati: “Akenshi, umuntu wabaye imbata y’ikintu runaka, burya aba afite abamuha inama, ariko akazirengagiza kenshi. Rero ubu meze neza, kandi numviye umutimanama wanjye numvira n’inama z’abandi ".

Mbere yo gukira indwara yo kuba waragizwe imbata n’ikintu, ukwiriye kubanza wakwemera ko gihari. Ikigero cyose byaba biriho, burya kugirwa imbata ni bibi cyane. Icya mbere emera ko uri umunyembaraga nke. Nta muntu wo ku isi ibibazo bitageraho. Koresha imbuga nkoranyambaga gake, niba nta n’umusaruro ziguha, uzireke.

Imico mibi ni indwara mbi, ntaho wajya ngo uyisige. Hindukira wirebeho. Kuba imbata ni uburyo bwo gushaka kubona ikintu, ikintu kinini. Nubona ugishaka rero, uzahite wiyibagiza, ujye ahandi utembere cyangwa ugire ibyo ukora. Menya ko ari agatego ugahunge.Vuga uti: “Nta gihe mfite ".

Inkomoko: Opera News


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...